MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Kirehe: Kubaka umudugudu w’icyitegererezo ku Rusumo bigeze kuri 95%

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
22/09/2025

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bugaragaza ko ibikorwa byo kubaka umudugudu ku mupaka wa Rusumo uzatuzwamo abagizweho ingaruka n’iy’ubakwa ry’urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo bigeze ku kigero cya 95%, ukazuzura utwaye asaga miliyoni enye z’amadorali ya Leta zunze ubumwe za America.

Uyu mudugudu w’icyitegererezo (Model Village) uri kubakwa ku mupaka wa Rusumo, mu Murenge wa Kigarama, Akagari ka Nyankurazo muri Site ya Nshungerezi uzatuzwamo imiryango 80 izakurwa mu manegeka, arimo ayatewe n’ituritswa ry’intambi, ubwo hubakwaga urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo.

Umupaka wa Rusumo, uri mu rugabano rw’u Rwanda na Tanzania.

Kuri uyu mupaka huzuye urugomero rw’amashanyarazi rwubatswe mu mushinga washowemo miliyoni 468 z’Amadorari, uhuriweho n’ibihugu bya Tanzania, u Burundi n’u Rwanda rutanga megawati 80 zisaranganywa n’ibyo bihugu.

Imirimo yo kubaka uru rugomero hari abaturage batuye mu bice byo ku ruhande rw’u Rwanda yatumye inzu zabo zangirika, izindi zishyirwa mu manegeka nayo, hakiyongeraho no kuba hari imwe mu miryango isanzwe ihatuye ariko ku dusozi duhanamye, izo mpamvu zitandukanye zikaba arizo zatumye hubakwa uyu mudugudu w’icyitegererezo.

Ni umudugudu ufite ibintu byose by’ibanze umuturage yakenera birimo amazi, amashanyarazi, shuri, ivuriro, urwego rw’ubuyobozi, inyinshi muri izi nzu zubatse ku buryo imwe izajya ituramo imiryango ibiri [2 in 1].”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Rangira Bruno, agaragaza ko ubundi hajya gufatwa umwanzuro wo kubaka uyu mudugudu hari gahunda yo kubasanira amazu yari yarangijwe n’urugomero, gusa babona ko ibyo kubikora nta musaruro byari gutanga bahitamo kubaka umudugudu mushya kandi ufite byose.

Yagize ati: “Nk’uko mubibona uyu mudugudu ni umudugudu umeze neza ufite byose, hari kubakwa ECD, ndetse n’ikigo cy’amashuri, hari igikumba aho aborozi bazajya bororera inka zabo. Ni umudugudu uzahindura imibereho y’abaturage mu rwego rw’imiturire myiza.”

Umushinga wo kubaka uyu mudugudu bisobanurwa ko washowemo amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari eshanu, yatanzwe na Banki y’Isi, iyaha NELSAP.

Imiterere y’inzu zo mu mudugudu uri kubakwa ku Rusumo.

 

 

Ni inzu zubatswe ku buryo iimwe izajya ituzwamo imiryango ibiri (2 in 1)

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Gatsibo: Abatuye i Rugarama barifuza kwegerezwa amazi meza

Gatsibo: Abatuye i Rugarama barifuza kwegerezwa amazi meza

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU