Urubyiruko ruhagarariye urundi rwo mu Karere ka Kayonza rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi rurasabwa gukoresha neza ikoranabuhanga kuko hari amahirwe menshi yo kubona ibyo bakora kandi bikabateza imbere.
Kuri uyu wa 13 Kamena, mu Murenge wa Mukarange habereye inteko rusange y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, aho uru rubyiruko rwibukijwe amahirwe ari mu gukoresha ikoranabuhanga ndetse n’imbuga nkoranyambaga.
Bimwe mu byagarutsweho ni uburyo urubyiruko rudakwiye kugira igice na kimwe rusiga kandi rukajyanamo umwete n’umurava ndetse bagahanga udushya hitewe n’uko buri gikorwa cyose kirimo ikoranabuhanga gikorwa neza n’urubyiruko.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Iburasirazuba, Rubingisa Pudence avuga ko hari amahirwe menshi muri iyi Ntara by’umwihariko mu Karere ka Kayonza, ayo mahirwe akaba agomba kubyazwa umusaruro dore ko hari imibare igaragaza ko Intara y’iburasirazuba ariyo ya mbere igira urubyiruko rwinshi ruyimukiramo.
Yakomeje agira ati: “Umwihariko wacu Iburasirazuba ni n’amahirwe ahari bakigira ku bandi babikoze, aya mahirwe ari mu buhinzi, ubworozi, ubukerarugendo kugira ngo batinyuke kandi natwe nk’abakuru tugakomeza kubafasha.”
Iyi nteko y’urubyiruko kuba yatumiwemo n’abatari urubyiruko kugira ngo berekwe ahari ibibazo bikibangamiye iterambere ry’urubyiruko; ibi byose bigahuzwa n’ikoranabuhanga rigezweho muri buri cyiciro.
Rafiki Sandrine ni umwe mu rubyiruko rw’i Kayonza yemeza amahirwe ahari urubyiruko rutayabyaza umusaruro uko ari, ariko ngo ushatse kuyabyaza umusaruro atera imbere kuko Leta yashyizeho amahirwe menshi mu ikoranabuhanga; kugeza aho hari abatunzwe n’imbuga nkoranyambaga.
Yakomeje agira ati: “Urubyiruko turi benshi cyane ku buryo n’abakoresha iryo koranabuhanga ritandukanye ari urubyiruko, twihereyeho ni twe bo gukangurira abandi gukoresha iryo koranabuhanga.”
Mukanizeyimana Eline ni umwe mu rubyiruko rwiga muri Kaminuza, yemeza ko hakenewe amahugurwa yisumbuye ku rubyiruko kugira ngo hashyirwe imbere ibyihutisha iterambere, bityo urubyiruko rukifashisha imbuga nkoranyambaga mu guhindura no kwimakaza ikoranabunga rigezweho mu bikorwa nk’iby’ubuhinzi, ubworozi n’ubukorikori.
Mugesera Sam ni Komiseri muri komite nyobozi ya FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Igihugu ushinzwe iterambere ry’urubyiruko, yashimye Leta ko yashyize imbaraga mu ikoranabuhanga kandi rishingiye ku rubyiruko ahashinzwe ibigo byigisha urubyiruko kujyana n’ikoranabuhanga birimo nka Hanga Hub.











