MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ingingo ku yindi, ibikubiye mu masezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC

Felix NyabyendaYanditswe na Felix Nyabyenda
05/12/2025

Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe wari witabiriye isinywa ry’aya masezerano, yagaragaje ko bimwe mu biyagize harimo ingingo eshanu z’ingenzi zizibanda cyane ku bufatanye mu ishoramari no guteza imbere ubukungu mu Karere nk’imwe mu nkingi mwamba y’amasezerano y’amahoro ya Washington.

Aya masezerano y’amateka yasinywe ejo kuwa Kane tariki ya 04 Ukuboza 2025 asinyirwa i Washington D.C mu Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’Igihugu cyagize uruhare rutaziguye nk’umuhuza.

Umuhango wo gusinya aya masezerano wayobowe na Perezida wa Leta Zumwe z’Amerika Donald John Trump agaragiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ndetse n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Felix Antoine Tshisekedi nk’abakuru b’Ibihugu bashyize umukono kuri aya masezerano.

Mu bandi bakuru b’Ibihugu by’Afurika bari bitabiriye isinywa ry’aya masezerano ni Perezida wa Togo Faure Essozmna Gnassingbé na we wabaye umuhuza w’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe mu biganiro bya Luanda na Nairobi byahuza u Rwanda na RDC, Perezida wa Angola João Manuel Lourenço, Perezida wa Kenya Dr William Samoei Ruto, Perezida w’ u Burundi Evariste Ndayishimiye na Visi Perezida wa Uganda Jessica Alupo.

Ku rukuta rwe rwa X, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Olivier Nduhungirehe yatangaje ko kimwe mu bice by’ingenzi bigize aya masezerano ari ubufatanye mu ishoramari no guteza imbere ubukungu mu Karere.

Iki gice kigizwe n’ingingo eshanu arizo: ibikorwaremezo, ingufu, gucukura no gutunganya amabuye y’agaciro, kubungabunga pariki n’ubukerarugendo ndetse guteza imbere urwego rw’ubuzima.

• Ibikorwaremezo: mu by’ingenzi bizakorwa mu bikorwaremezo harimo kubaka imihanda ihuza ibihugu byombi harimo n’uwa gari ya moshi uturutse Lobito muri Angola ndetse no gukora ubwikorezi bwo mu mazi bugezweho hifashishijwe ikiyaga cya Kivu.

• Ingufu: Mu bikorwa by’ingenzi by’ingufu bizubakwa harimo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi III ruzatanga megawate zisaga 200 ndetse no gucukura no kubyaza umusaruro gaze metane yo mu kiyaga cya Kivu.

• Gucukura no gutunganya amabuye y’agaciro: Muri iki cyiciro hazibandwa cyane ku ukongerera agaciro aya mabuye hubakwa inganda ziyatunganya, guhugura abakozi b’Ibihugu byombi ku bijyanye n’imitunganyirizwe yayo cyane cyane amatini, tantale, wolufuramu,niyobiyumu na zahabu.

• Kubungabunga pariki n’ubukerarugendo: Aha hazibandwa cyane ku gucungira umutekano pariki ya Virunga na Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu buryo buhuriweho n’impande zombi hagamijwe kongera abazisura.

• Ubuzima: Muri iki cyiciro hazibandwa ku gukora ubugenzuzi buhuriweho bwo gukumira ibyorezo, guteza imbere ibikorwa by’isuku n’isukura no guteza imbere umuco wo gukora siporo hagamijwe kugira ubuzima bwiza.

Mu bindi byiciro bigize aya masezerano harimo amahame shingiro ajyanye n’amasezerano y’amahoro ndetse n’amasezerano y’amahoro ubwayo.

Bimwe mu bikubiye muri iki cyiciro cy’amasezerano y’amahoro harimo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR (ku ruhande rwa RDC), gukuraho ingamba z’ubwirinzi (ku ruhande rw’u Rwanda) ndetse no gucyura impunzi.

Ubwo abakuru b’Ibihugu bari bamaze gushyira umukono ku masezerano
Uhereye ibumoso: Evariste Ndayishimiye Perezida w’Igihugu cy’u Burundi, Perezida wa Angola João M. Lourenço, Perezida wa Kenya Dr.William S. Ruto na Donald J.Trump Perezida wa Leta zunze ubumwe za America

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Felix Nyabyenda

Felix Nyabyenda

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kayonza: Imiryango 200 y’abahinzi ba kawa iri gufashwa kuyihinga mu buryo bugezweho

Kayonza: Imiryango 200 y'abahinzi ba kawa iri gufashwa kuyihinga mu buryo bugezweho

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU