MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ikwirakwizwa ry’amazi meza muri Karama rigeze kuri 90%

Gervais NiyonzimaYanditswe na Gervais Niyonzima
26/03/2026

Abaturage bo mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bageze ku rwego rushimishije mu kubona amazi meza, aho ubu ibikorwa byo kuyageza ku baturage bigeze ku kigero cya 90%; ibintu bavuga ko bibafasha kunoza isuku no kuzamura imibereho yabo.

Mu bihe byashize, abaturage benshi bo muri uyu murenge bakoreshaga amazi y’ibishanga n’amasoko, ibintu byabateraga ibibazo by’isuku n’indwara zituruka ku mazi mabi. Kuri ubu ariko, bavuga ko amazi meza yabegerejwe ku buryo bayabona bitabagoye kandi bakayakoresha mu bikorwa bitandukanye by’isuku no mu buzima bwa buri munsi.

Uyu murenge ufite amavomo rusange agera kuri 30, ndetse hari n’imiyoboro y’amazi itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura-WASAC ku bufatanye na WaterAid Rwanda igera muri buri tugari uko ari turindwi tugize Umurenge wa Karama.

Bamwe mu baturage baganiriye na MUHAZIYACU bavuga ko kuba begerejwe amazi meza byahinduye cyane ubuzima bwabo, cyane cyane mu bijyanye n’isuku n’ubuzima bwiza.

Ntambara Vianney utuye muri uyu murenge akaba anahagarariye Inkeragutabara yavuze ko kubona amazi meza byari ikibazo gikomeye mu bihe byashize kuko bakoreshaga amazi y’ibishanga.

Yagize ati: “Mu bihe byashize twakoreshaga amazi yo mu bishanga mu bikorwa byacu bya buri munsi, ariko ubu ibintu byarahindutse kuko dufite amazi meza yo kunywa no gukoresha mu bikorwa bitandukanye by’isuku, ubu dusigaye twoga buri munsi bitandukanye no mu bihe byashize aho twogaga rimwe mu cyumweru.”

Ntawizerarubanda Theoneste, yavuze ko amazi meza ari ingenzi mu buzima bw’abaturage kuko abafasha mu bikorwa byinshi by’ingenzi mu buzima bwa buri munsi.

Yagize ati: “Turishimira ko twegerejwe amazi meza kuko amazi ni ubuzima. Adufasha mu bikorwa byinshi birimo isuku yo mu ngo, guteka ndetse no kwita ku buzima bwacu muri rusange.”

Nubwo ibikorwa byo kwegereza abaturage amazi meza byageze kure muri uyu murenge, hari imidugudu imwe n’imwe itaragezwamo amazi ya WASAC.

Iyo midugudu irimo Kizunguruko mu Kagari ka Kabuga, Kentarama mu Kagari ka Nyakiga, Mishasha, Gakirage, Rubanda mu Kagari ka Ndengo, Musenyi, Umutara, Nyagasharara, Urugwiro mu Kagari ka Gikundamvura, Ihuriro, Isangano ndetse na Bushara Centre mu Kagari ka Bushara.

Abatuye muri iyo midugudu bavuga ko bacyifashisha amazi ya Nayikondo (Handpump) ndetse n’amazi y’amasoko, bagasaba ubuyobozi gukomeza gushyira imbaraga mu kubagezaho amazi meza nk’abandi baturage.

Mu Murenge wa Karama muri rusange abaturage babona amazi mu buryo bune burimo amazi ya WASAC akoreshwa mu ngo, amazi ya WASAC akoreshwa nk’amavomo rusange, amazi ya Nayikondo (Handpump) ndetse n’amazi y’amasoko.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Matsiko Gonzague, yavuze ko gahunda yo kwegereza abaturage amazi meza ikomeje gushyirwamo imbaraga kugira ngo n’aho ataragera azahagezwe vuba.

Yagize ati: “Buri mwaka mu mihigo yacu tuba dufite gahunda yo kwegereza abaturage amazi meza. Aho ataragera azahagera kugira ngo buri muturage abone amazi meza kandi ahagije.”

Umurenge wa Karama utuwe n’abaturage basaga ibihumbi 30 batuye mu tugari turindwi n’imidugudu 59. Kuri ubu ibikorwa byo kwegereza amazi meza abaturage muri uyu murenge bigeze ku kigero cya 90%, mu gihe ku rwego rw’Akarere ka Nyagatare hose biri ku kigero cya 78%.

Ubuyobozi bw’Akarere burizeza abaturage ko ahataragera amazi azahagezwa vuba bushingiye ku bufatanye n’imikoranire bufatanye n’abafatanyabikorwa nka WaterAid Rwanda.

Haracyari imwe mu midugudu ivoma yo kuri Nayikondo

 

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Gervais Niyonzima

Gervais Niyonzima

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kabarore: Imiryango 22 ifite abana bari mu mirire mibi yahawe ubuvuzi n’ubufasha

Kabarore: Imiryango 22 ifite abana bari mu mirire mibi yahawe ubuvuzi n’ubufasha

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU