Abaturage bo mu mirenge ya Karangazi na Rwimiyaga bahamya ko bari kugenda baruhuka gukoresha amazi mabi bavomaga, kubera kwegerezwa utuzu tw’amazi batangiye kuvomeraho amazi meza.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe amazi, isuku n’isukura Eng. Iradukunda Flidolin avuga ko hari gahunda yo gukomeza gutanga amazi meza no mu yindi mirenge bafatanije n’umufatanyabikorwa Direct Aid wo mu Gihugu cya Kuwait n’ubundi wabafashije gutanga aya mazi meza.
Aganira na Muhaziyacu yagize ati: “Tumaze kubaka utuzu tw’amazi dutatu mu murenge wa Karangazi na dutatu mu murenge wa Rwimiyaga abaturage bavomeraho amazi meza, tugiye gukomereza mu mirenge ya Tabagwe, Karama na Rwempasha kugira ngo abaturage bacu barusheho kugerwaho n’amazi meza.”
Abaturage bishimira aya mazi begerejwe, bakavuga ko batakirwara indwara zituruka kugukoresha amazi mabi, Mukamana Athanasie yagize ati: “Ubu twari twarishwe n’amazi y’ibinogo, tukarwaza inzoka buri munsi twakaraba ntiducye, yewe no kumesa ntabyabagaho. Nonese waba wabuze amazi yo kunywa no guteka, ukabona ayo kumesa? Ariko aya mazi aho yaziye ubu turasa neza twaruhutse no guhora turwaragurika.”
Naho Muhire Charles we avuga ko baruhutse kuvoma amazi yo mu binogo n’ibiziba, yagize ati: “Twararuhutse kuvoma amazi y’ibinogo twari twaricukuriye hamwe n’areka mu bishanga, aya mazi yaradufashije cyane.”
Nubwo bahawe aya mavomo rusange bavomaho mu iyi mirenge, hakomeje gucukurwa imiyoboro y’amazi agomba gushyirwa mu ngo ku zibyifuza zigera 759 mu murenge wa Rwimiyaga n’izisaga 800 mu murenge wa Karangazi.
Kugeza ubu abaturage bo mu Karere ka Nyagatare bagerwaho n’amazi meza bagera kuri 68% nk’uko tubikesha WASAC ishami rya Nyagatare.







