Kuva tariki 14 Werurwe 2020 mu Rwanda hatangajwe umuntu wa mbere wagaragaweho icyorezo cya Coronavirus bituma hafatwa ingamba zikomeye zirimo guhagarika ibikorwa bihuriza hamwe abantu benshi nk’insengero, amasoko ndetse abanyarwanda basabwa kwirinda ingendo zitari ngombwa.
Tariki ya 22 Mata inganda 26 zemerewe gukora udupfukamunwa nk’imwe mu ntwaro yo kwifashisha kurwanya iki cyorezo mu baturage, izi nganda zasabwe gukora udupfukamunwa miliyoni esheshatu nibura mu byumweru bibiri.
Kwambara udupfukamunwa bigamije kugabanya ikwirakwira ry’udukoko dushobora kwanduzanya hagati y’umuntu urwaye Coronavirus n’undi utayirwaye. Buri muturarwanda wese ugiye gusohoka mu rugo asabwa kwambara agapfukamunwa kugira ngo yirinde arinde n’abandi.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti, Rwanda FDA gitangaza ko agapfukamunwa kakorewe mu Rwanda katagomba kurenza amafaranga 500 kandi kakaba gafunze neza kuburyo gafungurwa n’umuntu ukaguze.
Ibyo wakora n’ibyo utakora mu gihe wambaye agapfukamunwa
1.Ambara agapfukamunwa igihe cyose uri mu bandi
2.Ibuka ko agapfukamunwa gakozwe mu mwenda kambarwa amasaha atandatu gusa, nyuma y’icyo gihe kagomba guhindurwa
3. Igihe agapfukamunwa kawe gakozwe mu mwenda kanduye; kamese, ukanike ugatere ipasi
4.Igihe wambaye agapfukamunwa, twikira isura yawe uhereye ku zuru, kugera munsi y’akanwa
5.Gira nubura udupfukamunwa tubiri kugira ngo ubone ako wambara igihe wameshe akandi
6.Wikuramo cyangwa ngo umanure agapfukamunwa igihe ugiye kuvuga, gukorora cyangwa kwitsamura
7.Wikwikorakora mu isura cyangwa ku munwa igihe cyose wambaye agapfukamunwa
8.Wigurira udupfukamunwa aho ubonye hose; gurira muri farumasi,amaguriro magari ( Supermarkets) n’ahandi hemejwe na Rwanda FDA
9.Zirikana ko agapfukamunwa gacuruzwa gapfunyitse, wikigera ngo ugasubize umucuruzi
10.Uramenye! Witiza undi muntu uwo ariwe wese agapfukamunwa kawe!
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije REMA gitangaza ko abaturarwanda bagomba kwirinda kuba bavanga udupfukamunwa n’indi myanda isanzwe yo mu rugo, abantu bakaba basabwa kwambara udupfukamunwa kugira ngo bibafashe kwirinda iki cyorezo cya Coronavirus





