MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Gupima abakoresha umuhanda banyoye ibisindisha byageze no mu banyonzi

Yussuf HakizimanaYanditswe na Yussuf Hakizimana
07/01/2026

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku magare bemeza ko nabo Polisi isigaye ibahagarika ikabapima niba batanyoye ibishindisha, Ubuyobozi bwa Polisi y’Igihugu bwemeza ko ibi bisanzwe kuri buri muntu wese ukoresha umuhanda.

Nyuma ya gahunda zinyuranye za Polisi y’Igihugu zikangurira abantu gukoresha neza umuhanda no kwirinda gutwara wanyoye ku bisindisha.

Ubu buryo bwo gupima ko nta bisindisha wanyoye bukorerwa n’abatwara ibinyamitende (amagare) cyane cyane abatwara abantu n’ibintu bazwi ku izina ry’Abanyonzi. Ibi bituma buri wese agenda mu muhanda yigengesereye ndetse akirinda gutwara igare yanyoye.

Nshimyukiza Bosco ni umwe mu batwara igare mu Mujyi wa Kayonza yemeza ko bapimwa, yakomeje agira ati: “Nari ngiye kugura akantu mu mujyi baramfata bampuhishamo basanze meze neza ntabwo nari nanyoye.”

Nshimyukiza akomeza avuga ko kubapima byagabanyije impanuka mu muhanda ndetse ko buri wese aziko bapima atatinyuka kujya mu muhanda ngo atware igare yanyoye.

Niyonsenga Obed ni undi munyonzi ukorera i Kayonza, yemeza ko guhuhishamo abanyonzi nabo ubwabo ari byiza kuri bo, kuko bashakira amafaranga mu muhanda ukoreshwa n’abantu, ibinyabiziga n’ibinyamitende (amagare).

Yakomeje agira ati: “Ibintu byo guhuhamo ku ruhande rumwe byaciye akajagari.”

Akomeza avuga ko mbere hataraza gahunda yo kubapima habagaho impanuka za hato na hato zitewe n’ubusinzi, rimwe na rimwe hakavamo n’ubujura; ariko ngo ubu byaragabanyutse.

Tuyisenge Amani akorera mu Mujyi wa Rwamagana yemeza ko bwa mbere bamupima ko yanyoye ari umunsi yari yagize impanuka, usibye icyo gihe n’ubu ngo barabapima, bikaba akarusho k’uwo babonye agenda nabi mu muhanda, we baramuhagarika.

Karinganire Vedaste akorera mu mujyi wa Rwamagana yemeza ko Polisi ishami ryo mu muhanda ryabasanze aho bakorera bita ku gasima barabapima bose.

Yakomeje agira ati: “Gupima abantu bimaze nk’amezi atatu, baraza bakaduhuhishamo bakareba, ubu gutwara igare wanyoye ni ukwiyahura nawe ubwawe ubabonye wakwiruka pe!”

Karinganire yemeza ko we na bagenzi be iyo biyemeje kunywa inzoga ku manywa, icyo gihe bareka gukora cyangwa se uwaba ashaka kuyinywa akayigura ku mugoroba arangije akazi.

Hari bamwe mu banyonzi bagiye bahuhwishwamo bagasanga banyoye, barafatwaga bagafungwa iminsi itatu bagatanga n’amande y’amafaranga ibihumbi 10Frw; aba nubwo twaberetswe na bagenzi babo banze kugira icyo bavuga kuri iyi ngingo.

Polisi na bamwe mu baturage bemeza ko ari igikorwa cyiza kandi gikwiye kubahwa na buri wese mu rwego rwo kwirinda impanuka zo mu muhanda ziterwa n’ubusinzi.

Mugume Issa ni umwe mu bakunze gutega igare muri Rwamagana, yemeza ko gupima abanyonzi abishyigikiye.

Yakomeje agira ati: “Mbere hari uwagutwaraga ukagira ubwoba ukaba wanamwishyura atakugejeje iyo ujya kubera ko yasinze.”

Murenzi Joachim ni uwo muri Kayonza i Rugendabari, we atunze igare yifashisha mu buzima busanzwe, yemeza ko rimwe ku mugoroba na we bigeze kumupima,

Yakomeje agira ati: “Iyi gahunda ikwiye guhoraho, maze buri wese uzi ko akoresha umuhanda akamenya ko adakwiye kuwishoramo yanyoye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba SP Twizeyima Hamdun avuga ko iyi atari gahunda yihariye ku bantu batwara ibinyamitende (amagare) ahubwo ko ari inshingano za buri wese kumenya ko gusindira mu ruhame ari icyaha, ibi bikaba bitareba gusa abatwara ibinyabiziga ahubwo n’abaturage basanzwe ibi birabareba.

Yakomeje agira ati: “Umutekano wo mu muhanda ni inshingano yabo (Abanyonzi) bakagira uruhare mu kwirinda no kurinda abandi impanuka.”

Yakomeje abasaba kwirinda gutwara banyoye ibisindisha, kwirinda kugenda nabi kandi bakubahiriza ibyapa n’ibimenyetso byo ku muhanda.

Nshimyukiza Bosco ni umwe mu batwara igare mu mujyi wa Kayonza
Aha ni hamwe aho Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryasanze Abanyonzi rikabapima ko nta bisindisha banyoye

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Yussuf Hakizimana

Yussuf Hakizimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kirehe: Polisi yarashe uwakekwagaho kwica umumotari akanamwiba moto

Kirehe: Polisi yarashe uwakekwagaho kwica umumotari akanamwiba moto

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU