Bamwe mu bahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Remera bavuga ko bafite ikibazo cy’uburwayi bwa kawa bita ‘Igishorobwa’ buri kwibasira kawa yabo, Ubuyobozi bukabizeza ko bugiye gukurikirana iki kibazo kigashakirwa umuti vuba bishoboka.
Ubwo burwayi bwa kawa abahinzi bita ‘Igishorobwa’ ngo buterwa n’agakoko kinjira mu ruti rw’ikawa, bigatuma yuma cyangwa ikavunika mu gihe bari gusarura ibitumbwe.
Bamwe mu bahinzi ba kawa baganiriye na MUHAZIYACU bavuga ko ubuhinzi bwa kawa muri uyu murenge bubafatiye runini mu mibereho yabo ndetse no mu bukungu bwabo, bityo bagasaba ubuyobozi gukurikirana ikibazo cy’ubu burwayi bwa kawa muri uyu murenge bataragwa mu gihombo.
Iyakaremye Theogene atuye mu Kagari ka Butiruka, mu Murenge wa Remera, aragira ati: “Ikawa zari zabaye nziza ziri gushaka kwera, ariko dufite ikibazo cy’agakoko kari kugenda kazipfumura kakazangiza. Turasaba ko badushakira umuti tugateramo, tukareba ko twabasha kubirwanya kuko muri uyu murenge igihingwa cya kawa gifashe ubuzima bw’abantu benshi, niho hava amafaranga y’ishuri na mituweli ndetse tukabasha kwiteza imbere.”
Hakizimana Philbert na we ni umuhinzi wa kawa utuye mu Murenge wa Remera, aragira ati: “Ikawa muri uyu murenge irahera cyane kandi iyo yeze iradufasha cyane mu kwiteza imbere, Gusa muri iyi minsi dufite ikibazo cy’igishorobwa kituzonze kiri kwibasira kawa, icyo twasaba ubuyobozi ni uko bwadushakira imiti yabasha guhangana n’icyo gishorobwa ubundi kuri kawa hano twari tumeze neza.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard avuga ko igihingwa cya kawa ari kimwe mu bihingwa byifashe neza mu karere, akizeza abahinzi bo mu Murenge wa Remera ko bagiye gukurikirana iby’iki kibazo cy’uburwayi bwa kawa.
Aragira ati: “Ikibazo turakizi, tugiye kubikurikirana dushake abatekinisiye babisobanukiwe barebe ikibazo kibitera. Ikawa mu karere kacu ni igihingwa gihagaze neza cyane kandi akarere kacu niko kavamo ikawa nyinshi mu Gihugu kuruta ahandi hose mu turere mu myaka itatu ishize, n’ubwo tukirwana no kureba uburyo twakongera ubwiza bwayo (quality).”
Kuri ubu mu Karere ka Gatsibo habarurwa ibiti bya kawa bitanga umusaruro bigera ku 13,637,500 mu gihe ibiti bishya bitaratanga umusaruro bingana 4, 340,000, naho abahinzi ba kawa babarizwa mu Karere ka Gatsibo bagera ku 22,482 babarizwa mu mirenge yose uko ari 14 igize ako karere.
Muri rusange, impuzandengo y’umusaruro uboneka kuri buri sizeni ungana na toni 15,500 ukagemurwa ku nganda za kawa 19 ziri hirya no hino mu karere, Mu mwaka ushize wa 2025 umusaruro wa kawa y’ibitumbwe wanganaga na 20,397.4 MT mu gihe ubuso buhinzeho kawa mu karere bungana na hegitari 7,191.






