MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Depite Kanamugire yasabye abatuye i Bugesera kuzirikana ubwitange bw’Inkotanyi zahagaritse Jenoside

Robert BashimikiYanditswe na Robert Bashimiki
27/04/2026

Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi bari batuye ku musozi wa Nyiramatuntu no mu nkengero zaho, Depite Kanamugire James yagaragaje ko kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside byari bigamije kugarura ubumwe bw’Abanyarwanda, asaba abaturage kuzirikana icyo gihango Inkotanyi zifitanye n’Abanyarwanda.

Yabigarutseho kuri uyu wa 26 Mata 2026 ubwo yifatanyaga n’abaturage b’Akarere ka Bugesera mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi biciwe ku musozi wa Nyiramatuntu mu Murenge wa Nyamata.

Depite Kanamugire yagize ati: “Tuzirikana impamvu yabateye kubohora uru Rwanda kandi iyo mpamvu nta yindi ni ukugira u Rwanda ruzira ivangura iryo ariryo ryose. Ubaye ufite imitekerereze y’ivangura, ntabwo icyo gihe waba ushima Inkotanyi.”

Depite Kanamugire kandi yavuze ko icyo Ubuyobozi bw’Igihugu bwashyize imbere ubu ari ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati: “Kugira u Rwanda ruzira ivangura, ruzira imvugo z’urwango, ruzira imiyoborere mibi ahubwo rushyira imbere umuturage mu bimukorerwa bigamije guteza imbere imibereho myiza, ubukungu n’ubutabera, tukabaho twumva ko turimo umwenda abahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi wo kubakira Igihugu cyacu kuri Ndi Umunyarwanda kuko ariyo sano yonyine iduhuza.“

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Umwali Angelique yagarutse ku mateka yaranze uyu musozi wa Nyiramatuntu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho Abatutsi babanje kwirwanaho barwanya ibitero by’interahamwe byabarwanyaga bishyigikiwe na Leta y’icyo gihe.

Yibukije abaturage kandi ko kwibuka biba umwanya wo kwiga amasomo afasha kwiyubaka mu iterambere.

Ati: “Muri iki gikorwa, twongera kubona umwanya wo kuganira ku mateka yacu, tugakuramo amasomo akomeza kudufasha kwiyubakira Igihugu twifuza kirangwa n’ubudaheranwa bukomeza kutuganisha ku iterambere rirambye.”

Nyiramatuntu ni agace ko muri Bugesera mu Murenge wa Nyamata. Abatuye muri ako gace no mu nkengero zaho, ni ukuvuga abatuye mu midugudu ya Nyiramatuntu, Gatare, Nyabivumu, Nyakwibereka, mu Kagari ka Kayumba muri uwo Murenge wa Nyamata, abatuye ahandi bahakomoka ndetse n’inshuti zabo; buri mwaka bateranira kamwe bakibuka ibihe bikomeye banyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Depite Kanamugire James
Umwali Angelique, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Robert Bashimiki

Robert Bashimiki

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Abakorera mu isoko rya Ngarama basaba ko ryakubakwa rikajyana n’igihe

Abakorera mu isoko rya Ngarama basaba ko ryakubakwa rikajyana n'igihe

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU