Umuryango w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu Rwanda,RNUD, ugiye gufatanya n’Akarere ka Bugesera mu mushinga wo kubahugura ururimi rw’amarenga mu rwego rwo kubitaho.
Mu biganiro byahuje Akarere n’Ubuyobozi bwa RNUD tariki 23 Mata 2024, haganiriwe ku mushinga wo guhugura abantu ururimi rw’amarenga, no guhuriza hamwe abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu rwego rwo kubafasha kugira ihuriro ku rwego rw’Akarere ndetse no kwibumbira muri koperative yabo.
Perezida w’ihuriro ry’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu Rwanda, Munyangeyo Augustin asobanura uburyo umushinga bazakorera muri aka Karere uteye.
Ati: “Muri uyu mushinga turateganya guhugura abantu b’ingeri zitandukanye ururimi rw’amarenga. Abo bantu harimo abakozi b’inzego z’ibanze, abanyamakuru ndetse n’abandi. Ni umushinga kandi tuzagira igihe cyo guhuriza hamwe abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo muri aka Karere ka Bugesera mu rwego rwo kubafasha gushyiraho koperative yo kwiteza imbere kugira ngo nabo bazamuke mu mibereho no mu iterambere.”
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Imanishimwe Yvette ashimira uyu muryango RNUD ku bikorwa bagiye gufatanya n’Akarere mu rwego rwo gufasha no gushyigikira abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu Karere ka Bugesera.
Imanishimwe kandi asaba RNUD kuzafasha Akarere ka Bugesera guhugura abakozi b’Akarere kugira ngo bajye bafasha abaturage bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kubona serivisi bitabagoye.
Mu Rwanda habarurwa abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basaga ibihumbi 70, aho abagera ku 3000 bibumbiye mu muryango w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.







