Abagore bagera kuri 300 basoje gahunda y’inyigisho bahawe ku bufatanye bw’Akarere ka Bugesera n’Umuryango Resonate zigamije kubafasha gutinyuka no kwiyubakamo icyizere cyo gukora imishinga igamije kubateza imbere, basabwa kubyaza umusaruro izo nyigisho no gukoresha neza amahirwe abegereye.
Ibi babisabwe kuri uyu wa Mbere tariki 14 Nyakanga 2025, ubwo basozaga inyigisho bahawe mu gihe cy’umwaka umwe muri gahunda y’umushinga Gera Kure Project w’Umuryango utari uwa Leta ugamije kubakira ubushobozi abagore.
Bamwe mu bagore bahawe amahugurwa n’uyu muryango Resonate bavuga ko byabafashije kwiyubakamo icyizere no gutinyuka gukoresha amafaranga y’inguzanyo muri banki.
Nyirabeza Valerie wo mu Murenge wa Kamabuye ni umwe mu bagore bamaze umwaka umwe bahuguwe muri iyi gahunda,
Yagize ati: “Icyo izi nyigisho zamfashije ni uko byanyubatsemo kwitinyuka nkigirira icyizere mu kuguza amafaranga yo gukora umushinga ubyara inyungu koko naritinyaga nkumva kuguza amafaranga yo kwiteza imbere binteye ubwoba, ariko ubu nishimiye ko nateye intambwe ikomeye ko kwitinyuka no kwiyubakamo icyizere ko nshobora gukora nkatera imbere.”
Mugenzi we Mukaruziga Fortune wo mu Murenge wa Nyarugenge, ati: “Amaguhurwa twahawe na Resonate yadufashije kwishyira hamwe dukora itsinda ryo kuzigama, ubu tukaba tumaze kugera kuri miliyoni icyenda (9) twizigamiye mu itsinda ryacu ryitwa Terambere Mubyeyi. Twishimira rero ko twajijutse ndetse bakatwubakamo kwigirira icyizere bigatuma dutera imbere.”
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Resonate, Uwineza Claire avuga ko umushinga Gera Kure bawutangije mu rwego rwo kubakira ubushobozi abagore,
Akomeza agira ati: “Umushinga Gera Kure waje mu rwego rwo gufasha abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu rwego rwo kubarinda gukora ubucuruzi mu buryo butemewe, ahubwo bagakorera mu matsinda, ukaba kandi ugamije gufasha abagore kwiyongerera icyizere bagatinyuka gukora imishinga ibyara inyungu kandi bagakorana n’ibigo by’imari.”
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Imanishimwe Yvette, yashimiye Umuryango Resonate wagize uruhare mu kubakira ubushobozi aba bagore mu buryo bwo kubafasha kwigirira icyizere, avuga ko kwigirira icyizere bizabafasha mu mikorere, anasaba buri wese ubufatanye mu guteza imbere abagore.
Ati: “Icyizere uba wateye intambwe ukigirira, nicyo gikomeye cyane, kuko kizagufasha gukora. Ntabwo rero kandi wakwikura mu bukene ukitinya, birasaba ngo dutinyuke. Twese dufatanye kugira ngo tuzamure umugore kandi twarabibonye ko bishoboka.”
Mu Karere ka Bugesera habarurwa amatsinda 16 afashwa n’umuryango Resonate mu kwiga kuzigama no kugurizanya ndetse no kwigirira icyizere mu gokora imishinga ibateza imbere.
Umuryango Resonate umaze imyaka 12 ukorera mu Rwanda, aho ufasha amatsinda yigajyemo abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bo mu turere rwa Ruzizi, Rubavu, Nyagatare na Bugesera.











