MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Nyagatare: Abantu 55 bagaragayeho ihungabana rishingiye kuri Jenoside 

Protogene BikorimanaYanditswe na Protogene Bikorimana
16/07/2025

Mu Karere ka Nyagatare, mu mwaka wa 2025, abantu 55 bagaragayeho ihungabana rishingiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ugereranyije n’umwaka wa 2024, aho hagaragaye abantu 88 bahuye n’iki kibazo, haragaragara igabanuka; ariko bidasobanura ko ikibazo cyakemutse burundu.

Ibi bibazo by’ihungabana biracyari byinshi kandi bikomeye cyane cyane mu bantu bakuze barokotse Jenoside ndetse n’urubyiruko rwagezweho n’ ingaruka nubwo rutayibonye n’amaso.

Ibarura rya 2022 ryakozwe na MINIBUMWE (Ministeri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu) ryagaragaje ko 65.3% by’abanyarwanda bavutse nyuma ya Jenoside, mu gihe 26.9% by’abarokotse Jenoside bavuga ko batarakira ibikomere byo mu mutima, bikaba bikigaragara cyane no mu rubyiruko.

Kugeza ubu, mu Karere ka Nyagatare habarurwa abarokotse Jenoside 2,457. Muri bo, abarokotse 176 ntibarabasha kubona amazu yo kubamo, mu gihe abandi 502 batuye mu nzu zubatswe mbere ya 2015 zikaba zikeneye gusanwa, dore ko zishaje ndetse zitarubakwa ku rwego rukwiriye gufasha abahuye n’amage akomeye mu mateka y’u Rwanda.

Kuva mu mwaka wa 2010 kugeza mu wa 2025, Akarere ka Nyagatare kagaragaza ko hamaze gutuzwa abarokotse Jenoside 59, ari bo bubakiwe amazu mashya cyangwa bahawe inkunga y’imibereho ibafasha kwiyubaka.

Pasitori Niyibizi Celestine, utuye mu Murenge wa Matimba, avuga ko ihungabana ridapfa gushira ariko ko igikorwa nk’icyo kubaka no kuvugurura amazu y’abarokotse gifite uruhare runini mu kubagabanyiriza intimba n’agahinda no kumva batari byonyine.

Yagize ati: “Iyo wicaye mu nzu imeze nabi, wibuka byinshi. Guhabwa aho kuba hameze neza bituma umuntu asubirana, akagira agaciro n’icyizere. Ariko haracyari urugendo rukomeye.”

Depite Uwiringiyimana Philbert, muri Komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’uburenganzira bwa muntu, yavuze ko hakiri byinshi byo gukora kugira ngo abarokotse Jenoside bahabwe agaciro n’inkunga ikwiriye.

Yagize ati: “Ihuriro ry’ibibazo by’ihungabana, imibereho mibi n’imiryango itarabasha kubona amacumbi rigaragaza ko ikibazo cy’ingaruka za Jenoside kigifite ubukana. Komisiyo dufitemo inshingano yo gukurikirana ibi bibazo, kandi tuzakomeza gushyira igitutu ku nzego bireba kugira ngo abarokotse Jenoside bagire imibereho ishimishije.”

Depite Uwiringiyimana Philibert wo muri komisuyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’uburenganzira bwa muntu

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Protogene Bikorimana

Protogene Bikorimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Dufite inshingano zo kurera abo twabyaye-Visi Meya Mukandayisenga.

Dufite inshingano zo kurera abo twabyaye-Visi Meya Mukandayisenga.

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU