Abacururiza mu isoko rya Buhabwa riherereye mu Murenge wa Murundi, Akarere ka Kayonza barishimira kuba bagiye kujya bacuruza ibicuruzwa byabo bitangirika kubera izuba n’imvura, nyuma y’uko bubakiwe isoko ryuzuye ritwaye miliyoni 63 Frw.
Iri soko rito ryubatswe mu Murenge wa Murundi mu Kagari ka Buhabwa ryashyizwe mu mihigo y’Akarere ya 2024-2025 bivuye ku kifuzo abaturage bari batanze.
Uretse kubafasha gucuruza batanyagirwa baticwa n’izuba, ryitezweho no kuzazamura ubuhahirane hagati y’abaturage, ryuzuye ritwaye miliyoni 63 z’amafaranga y’u Rwanda, rifite aho gucururizwa n’abantu 60 bafite aho kubika ibicuruzwa byabo; ubwiherero n’ibindi.
Umucuruzi Mukanyirigira Odette, ati: “Iri soko twararyishimiye kubera ko ryubakiye kandi twicwaga n’izuba, ubundi ntabwo byagendaga neza, ibirirwa byangirikaga ndetse n’imvura irabyangiza mu kwanura mu gataha, ibintu by’imboga nabyo bikabora.”
Iyamuremye Steven, utuye mu Mudugudu wa Miyaga, Akagari ka Buhabwa, Umurenge wa Murundi, yavuze ko bari kugenda barushaho kubona iterambere kandi ko rizabageza kuri byinshi.
Ati: “Ibi byo kuvuga ngo dutanditse hasi ntabwo twabyishimiraga, kubera ko hari igihe umuntu aba yakandagiye nk’umwanda ugasanga akandangiye ku gafuka nka kariya atanditseho ibiribwa, ugasanga ariye umwanda bitari muri gahunda.”
Nzabandora Delphine, ati: “Twajyaga ducururiza hanze imvura yagwa bikatugora, ubu none tubonye aho tuzajya ducururiza mu nzu, biradufashije cyane.”
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemanzi Bosco yasabye abaturage gukoresha neza ibikorwaremezo bahabwa, yagize ati: “Icya mbere ni ukubikoresha neza kugira ngo bihindure ubuzima bwabo. Icya kabiri ni ukumva ko bakwiye kuba buri muturage afite inshingano yo kureba cya gikorwaremezo; wa wundi ushaka kucyangiza ukumva ko nacyangiza aba yangije iterambere rya bagenzi be.”











