MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
22/08/2026

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ngoma, Ingabire Benoit, yasabye urubyiruko rwabuze ubutaka bwo gukoreraho ubuhinzi gushakisha ubutaka bwa Leta butabyazwa umusaruro, rukabukoresha mu bikorwa bibateza imbere.

Yabigarutseho kuri uyu wa 21 Kanama 2026, ubwo yifatanyaga n’abafatanyabikorwa batandukanye mu biganiro byiga ku mbogamizi zikigaragara mu kubona imari yo guteza imbere ubuhinzi.

Ibi biganiro byateguwe na Pro-Femmes/Twese Hamwe (PFTH) mu rwego rwa SERVE Project, umushinga ugamije gushyigikira urubyiruko ruri mu buhinzi, cyane cyane urwiganjemo abagore.

Muri ibi biganiro, abitabiriye barebeye hamwe imbogamizi zituma urubyiruko rutabasha kugira uruhare rufatika mu ruhererekane nyongeragaciro rw’ubuhinzi.

Mu bibazo byagaragajwe harimo kutabona igishoro gihagije, harimo n’ubutaka, ubumenyi budahagije ku buhinzi n’ubworozi bugezweho ndetse n’ububasha buke cyane cyane ku bagore ku mutungo ukorerwaho.

Umunyamakuru Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ngoma Ingabire Benoit yavuze ko mu gihe ubutaka bwo guhingaho bukenewe n’abantu benshi kandi butiyongera, hari ubutaka bwa Leta budakoreshwa bushobora guhabwa abashaka kububyaza umusaruro.

Ati: “Mu Karere ka Ngoma ubutaka bukenewe n’abantu benshi, navuga ko butaniyongera kandi tukanashishikariza n’urubyiruko kugira icyerekezo biteza imbere ariko byose bisaba kuba bafite ubushobozi. Hari ahantu hari ubutaka bwa Leta kandi ntabwo akarere kabujije abantu kubukoresha, tunifuza ko babukoresha bakabubyaza umusaruro.”

Yasabye kandi urubyiruko kwegera abafite ubutaka butabyazwa umusaruro, bakaganira ku buryo bwakoreshwa, kuko ibi bishobora gufasha kongera ubutaka bukorerwamo ubuhinzi ndetse n’umusaruro ubukomokaho.

Gitifu Ingabire, yanashimangiye ko kwishyira hamwe bishobora gufasha urubyiruko kubona ubushobozi n’ubutaka bwo gukoreraho, aho yasabye ko bashobora gukorera mu matsinda mato cyangwa mu makoperative.

Ati: “Ibyo byose muzabigeraho ari uko mwishyize hamwe, mwishyize hamwe muri babiri muri batatu cyangwa bane, cyangwa se niyo byaba itsinda mukareba bwa butaka buri hariya iwanyu butabyazwa umusaruro, bukaba bwakoreshwa. Twebwe nk’akarere muzagende mutubwire aho buherereye, Umurenge, akagari, aho mwabona hari ubutaka butabyazwa umusaruro mwatubwira tukabubaha. Kububaha ntabwo bisaba ibintu byinshi ni ibintu byoroshye cyane.”

Mu zindi mbogamizi zagaragajwe harimo kubura inguzanyo, izo bemererwa zigatinda ndetse n’ubwishingizi butagera kuri bose.

Impuzamiryango Pro-Femmes/Twese Hamwe ivuga ko hakenewe serivisi z’imari zijyanye n’imiterere y’uruhererekane nyongeragaciro rw’ubuhinzi, uburyo bworoshye bwo kwishyura ndetse no kongera ubumenyi bw’abahinzi ku bicuruzwa by’imari biboneka.

Ingabire Benoit, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ngoma

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe
Inkuru z'ingenzi1

Ubuhinzi budakomeretsa ubutaka bubonwa nk’igisubizo cyo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

22/08/2026
Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU