Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba Rubingisa Pudence yasabye abagore bari muri mu nama y’Igihugu y’abagore (CNF) mu Karere ka Gatsibo kongera kwibuka inshingano za kibyeyi mu byo bakora byose kugira ngo bubake koko umuryango ushoboye kandi utekanye.
Yabigarutseho kuri uyu wa 21 Kanama 2026 mu nama rusange ya 25 y’inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Akarere ka Gatsibo, aho yari ifite insangamatsiko igira iti: ” Kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.”
Muri iyi nama hagaragarijwemo ibyakozwe mu gihe cy’imyaka itanu ishize na komite iri gusoza manda. Birimo kubakira abagore babiri batishoboye bo mu Mirenge ya Gasange na Kiramuruzi, imiryango igera ku 11, 295 yigishijwe ikava mu makimbirane, ni mu gihe mu bana b’abakobwa bari munsi y’imyaka 18 batewe inda zitateganyijwe mu myaka itanu ishize bagera 1,461 muribo abagera kuri 390 bahujwe n’amahirwe yo kwiga imyuga itandukanye.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba Rubingisa Pudence yakanguriye ba Mutima w’urugo gusubira ku nshingano zabo za kibyeyi bakaba ababyeyi barerera Igihugu.
Yagize ati: “Twateshutse ku nshingano zacu za kibyeyi, ntabwo ari ukuvuga wa mubyeyi wo mu nzu iwacu gusa, ahubwo ndavuga umubyeyi mu mudugudu, mu rusisiro. Buriya iyo uciye ku mwana w’ umuturanyi yataye ishuri ari ku muhanda anywa itabi, yiba, ujye wibuka ko uzakurikiraho ari uwawe kuko abo tubona banduzwa n’abandi; mureke tugire uruhare mu kugira umuryango ushoboye kandi utekanye.”
Guverineri Rubingisa yakomeje agira ati: “Mube abagore babereye u Rwanda ariko birenge ibyo tubonesha amaso, ni byo koko umugore yashubijwe agaciro, turavuga uburinganire ariko hari ababyumvise nabi bajya kuringanira no mu tubari, kandi Mutima w’urugo agomba kugira uruhare muri wa muryango utekanye ndetse n’umudugudu utarangwamo icyaha.
Bamwe mu bagore bo muri Gatsibo baganiriye na MUHAZIYACU bavuga ko bagiye gufatanya na bagenzi babo mu midugudu mu kubaka umuryango utakenye kandi uzagirira Igihugu akamaro.
Mukanzayino Jacky atuye mu Kagari ka Gihuta mu Murenge wa Rugarama, yagize ati: “Icyo tugiye gukora nk’abagore ni ugukangurira bagenzi bacu ko umuryango mwiza ari ishingiro ry’Igihugu kandi ko umuryango utatekana utarimo amahoro, tugiye kubakangurira kongera kwibuka inshingano zabo zo kurera kuko nk’uko twagiye tubibwirwa, ababyeyi twaradohotse mu kwita ku burere bw’abana bacu.”
Mu biteganywa gukorwa n’inama y’Igihugu y’abagore mu Karere ka Gatsibo muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026-2027 birimo gufasha nibura imiryango ibiri itishoboye muri buri mudugudu igaherekezwa kugeza ivuye mu bukene, harimo kandi kurwanya inda ziterwa abangavu, ndetse no kurwanya amakimbirane mu miryango kuko amakimbirane ariyo ntandaro y’ibibazo byinshi byibasira umuryango.









