MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Abatuye i Mamfu bakeneye umuriro w’amashanyarazi ufite ingufu

Eric NzabahimanaYanditswe na Eric Nzabahimana
20/08/2026

Abaturage bo mu Kagari ka Mamfu mu Murenge wa Muhura w’Akarere Ka Gatsibo basaba ko bakemurirwa ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi ukunze kubura wanaza ukaza udahagije bitewe na transifo yapfuye ntisimbuzwe, bigatuma badashobora gukoresha ibikoresho byabo bijyanye n’ubucuruzi ndetse no mu ngo aho batuye umuriro ukabura.

Abaturage bavuga ko mu myaka ibiri ishize transifo imwe muri ebyiri bari bafite muri aka gace yapfuye, abakozi b’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) bakaza bakayitwara bababwira ko bazayisimbuza indi ariko ntibikorwe kugeza na n’ubu, bakavuga ko kandi kuba umuriro bafite uza udahagije bibatera igihombo mu mikorere yabo.

Nubwo bimeze bityo ariko, Akarere ka Gatsibo gafite intego ko uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026-2027 uzajya kurangira nibura abaturage ku kigero cya 90% bafite umuriro w’amashanyarazi.

Biteganyijwe ko binyuze mu mushinga (RUEAP) ku bufatanye n’Akarere abagera ku bihumbi 40 bazahabwa umuriro w’amashanyarazi muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026-2027.

Umuvugizi w’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) Geoffrey Zawadi yemeza ko ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi muke abaturage b’i Muhura bafite REG ikizi kandi ko bari kugikurikirana vuba kizaba cyakemutse.

Aragira ati: “Hari rwiyemezamirimo urimo gukora imirimo igamije gutanga igisubizo cy’umuriro udahagije cyangwa utagera kuri bose mu karere ka Gatsibo. Turizera ko uwo mushinga uzaba wasoje imirimo hagati mu mwaka utaha, ariko hagati aho mu rwego rwo kurinda ibikoresho byabo byakwangirika bitewe n’igenda n’igaruka ry’umuriro, abaturage tubagira inama yo gushaka ibyuma byabugenewe bipima umuriro w’ibikoresho byabo.”

Niyomugabo Antoine afite salo yogosha mu Kagari ka Mamfu avuga ko kubera ubuke bw’umuriro ugenda uza ibice bice ndetse ukanabateza ibihombo, ati: “Kuva batwara transifo umuriro ugenda uza ibice, ukabona mu nzu imwe urimo ahandi ntawuhari, iyo hari uwakije imashini isya umuriro urazima ukamara nk’isaha utaragaruka, n’aho ugarukiye waba ufite ibikoresho by’umuriro bigahita bishya, usanga abantu birirwa bagura amatara buri munsi, nka njye se niba nogosha nkamara icyumweru ntogoshe kandi nkodesha, usanga nta kintu bimariye kuko usanga abantu barakinze, abakeneye gushesha barabuze aho bashesha.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard avuga ko bari gukorana n’abafatanyabikorwa ndetse n’inzego bireba mu gukwirakwiza amashanyarazi mu karere kose kandi ko nta gice kizasigara kidafite umuriro kandi ufite imbaraga.

Aragira ati: “Hari umushinga turimo gukorana kandi uzakora mu mirenge yose, inyigo y’uko bizakorwa yararangiye aho abantu batuye, ahari ibikorwa bizana ubukungu mu buzima bw’abantu nka za santere z’ubucuruzi, ndetse n’ahari inganda. Nta kagari katakozwemo inyigo cyeretse abatuye ahantu hatari ibikorwa by’imiturire, kandi ikiza kibirimo ni uko aho twari dusanzwe dufite umuyoboro wa single phase hazajya umuyoboro wa three phase kugira ngo abaturage bashobore kuba bakoresha amashanyarazi no mu bindi bikorwa by’ubukungu.”

Kugeza kuri ubu ikigero cy’abafite umuriro w’amashanyarazi mu Karere ka Gatsibo kiri ku ijanisha rya 70.2 by’abafite umuriro w’amashanyarazi, aho abacana umuriro uturuka ku mirasire y’izuba bangana na 32.7%, naho abafite umuriro w’amashanyarazi usanzwe bagera kuri 37.5%.

Iyi ni transifo yasigaye
Mu isantere ya Mamfu i Muhura

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Eric Nzabahimana

Eric Nzabahimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Ngoma: Ubuyobozi bwiyemeje gukurikirana iyubahirizwa ry’ibyanya by’inganda biri ku gishushanyo mbonera

Ngoma: Ubuyobozi bwiyemeje gukurikirana iyubahirizwa ry'ibyanya by’inganda biri ku gishushanyo mbonera

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU