Intara y’Iburasirazuba ni imwe mu ntara eshanu zigize u Rwanda, igizwe n’uturere turindwi ari two Bugesera, Gatsibo, Kayonza, Kirehe, Ngoma, Nyagatare na Rwamagana.
Umwaka wa 2025 waranzwe n’impinduka nke mu buyobozi butandukanye bw’uturere kandi byose byabaye mu kwezi k’Ukuboza, izi mpinduka zabaye mu turere twa Kayonza na Nyagatare ubu tuyobowe n’abayobozi b’agateganyo.
Aha tugiye kubereka uko umwaka wa 2025 urangiye utu turere uko ari turindwi tuyobowe, igihe abayobozi bagiriye muri izo nshingano, ndetse n’ahabaye impinduka tuhagaragaze, mu gihe muri rusange manda z’imyaka 5 z’abayobozi b’uturere zegereje umusozo ngo habe amatora muri 2026, nta gihindutse.
Bugesera

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera ni Mutabazi Richard. Yabaye Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera guhera mu mwaka wa 2018, yongera gutorerwa kuyobora indi manda mu mwaka wa 2021.
Yungirijwe na Umwali Angelique ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, hamwe na Imanishimwe Yvette ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Nkuranga Joseph niwe Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Bugesera.
Gatsibo

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo ni Gasana Richard. Yatorewe manda ya mbere mu mwaka wa 2016, yongera gutorerwa kuyobora Akarere ka Gatsibo muri manda ya kabiri mu mwaka wa 2021.
Sekanyange Jean Leonard niwe Muyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, Mukamana Marceline akaba Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Ibingira Frank niwe Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gatsibo.
Kayonza

Kuri ubu Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kayonza ni Hategekimana Fred guhera tariki 08 Ukuboza 2025. Yungirijwe na Jules Higiro nk’Umuyobozi Wungirije w’Agateganyo.
Basimbuye Nyemazi John Bosco wari Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza guhera mu mwaka wa 2021 kugeza tariki 07 Ukuboza 2025 na Munganyinka Hope wari Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu na Harelimana Jean Damascene wari Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Ni nyuma y’aho Inama Njyanama y’Akarere ka Kayonza yateranye tariki ya 7 Ukuboza 2025 igafata icyemezo cyo guhagarika abagize Komite Nyobozi y’aka Karere bose nyuma yo gukora isesengura bagasanga batarujuje inshingano zabo neza.
Niyitanga Jean Damascene niwe Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kayonza.
- Kayonza: Inama Njyanama yirukanye Meya Nyemazi na ba Visi Meya bombi
- Akarere ka Kayonza kabonye Meya mushya
Kirehe

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe ni Rangira Bruno. Yabaye Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe guhera mu mwaka wa 2021.
Yungirijwe na Nzirabatinya Modeste ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, na Mukandayisenga Janviere ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kirehe ni Kamana Diane.
Ngoma

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma ni Niyonagira Nathalie. Ni umuyobozi w’Akarere ka Ngoma guhera mu mwaka wa 2021.
Yungirijwe na Mapambano Nyiridandi Cyriaque ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, na Mukayiranga Marie Gloriose ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ngoma ni Ingabire Benoit.
Nyagatare

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare w’Agateganyo ni Kakooza Henry. Yagiye muri izi nshingano kuwa 21 Ukuboza 2025, asimbuye Gasana Karasanyi Stephen wahawe inshingano zo kuba Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango FPR-Inkotanyi.
Matsiko Gonzague ni Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, naho Murekatete Juliet akaba Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Kuri ubu uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare Hategekimana Fred ni we wagizwe Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo, inshingano z’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare ziri kwitabwaho by’agateganyo n’uwari Umuyobozi ushinzwe Imirimo Rusange.
Rwamagana

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana ni Mbonyumuvunyi Radjab. Yatorewe manda ya mbere mu mwaka wa 2016, yongera gutorerwa kuyobora Akarere ka Rwamagana muri manda ya kabiri mu mwaka wa 2021.
Yungirijwe na Kagabo Richards Rwamunono ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, na Umutoni Jeanne ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Mutesi Priscah niwe Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rwamagana.






