Umurenge wa Karangazi, umwe mu mirenge 14 igize Akarere ka Nyagatare uruta mu bunini(ubuso) Uturere dutanu tw’Igihugu aritwo Musanze, Nyabihu, Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge aho uyu murenge ufite ubuso bwa kilometero kare 550.3.
Umurenge wa Karangazi uruta gato Akarere ka Nyabihu gafite ubuso bwa kilometero kare 531.5 ndetse n’aka Musanze gafite ubuso bwa kilometero kare 530.2 ariko ukubye inshuro 4.1 Akarere ka Nyarugenge( 134), ugakuba inshuro 3.3 Akarere ka Kicukiro(166.7) ndetse ukanakuba inshuro 1.2 Akarere ka Gasabo( 430.3) nk’uko Ibarura Rusange rya 5 ry’Abaturage n’Imiturire mu Rwanda ryabigaragaje.
Uretse kuba Umurenge wa Karangazi ariwo munini mu Gihugu (mu buso), ni n’uwa gatatu mu mirenge ifite abaturage benshi (96 915) bakaba batuye mu tugari 11 n’imidugudu 53. Ni mu gihe Akarere ka Gasabo ari nako gafite umubare munini w’abaturage mu Gihugu 879 505 batuye mu mirenge 15, Kicukiro ifite abaturage 491 731 batuye mu mirenge 10, Musanze ikagira abaturage 476 522 batuye mu mirenge 15, Nyarugenge ifite 374 319 batuye mu Mirenge 10 ndetse na Nyabihu ifite 319 047 batuye mu Mirenge 12.
Urutonde rw’Imirenge 10 ifite abaturage benshi mu Gihugu
1. Kinyinya (Gasabo): 125 400
2. Bumbogo (Gasabo): 112 899
3. Karangazi (Nyagatare): 96 915
4. Ndera (Gasabo): 95 164
5. Rwimiyaga (Nyagatare): 82 620
6. Nyagatare (Nyagatare): 81 915
7. Nyamata (Bugesera): 81 480
8. Mahama (Kirehe): 81 014
9. Rubavu (Rubavu): 80 107
10. Gahanga (Kicukiro): 79 082
Ikikwereka ko Umurenge wa Karangazi ari munini cyane ni uko Ndama kamwe mu tugari twako gafite ubuso bwa kilometero kare (188.8) kakaba karuta Akarere ka Nyarugenge(134), Imirenge ya Nyamata( 95), Mahama(64.8), Bumbogo(60.6), Ndera(50.4), Gahanga(36.8), Rubavu(25.7) na Kinyinya(24.2).
Umurenge wa Karangazi ni Umurenge ugaragaramo cyane ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi aho ibice byinshi byawo ari inzuri (farms) ndetse hakaba hanakigaragara ubutaka buhagije bukorerwaho ubuhinzi. Urugero rwa hafi ni umushinga wa Gabiro Agri-Business Hub ukorerwaho ubuhinzi n’ubworozi kinyamwuga, ibikorwa byawo byose bikaba bizakorerwa ku buso bungana na hegitari 15,600 ndetse uwo mushinga ukaba waratanze akazi ku baturage basaga 6000 baturuka mu bice bitandukanye by’Igihugu.










