Abakoresha umuhanda Ngoma-Bugesera, bagaragaza ko baterwa impungenge no kunyura ku kiraro cya Kanyonyomba kiri mu Murenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera, kuko cyangiritse cyane, ku buryo gishobora guteza impanuka, ubuzima bwabo bukajya mu kaga.
Ni ikiraro kiri ku muhanda ugendwa cyane, Ngoma-Bugesera, cyubatswe mu myaka yo hambere ku buryo mu mpande no munsi hariho ibyuma bikomeye, ariko ku gice abantu bagendaho harimo imbaho zishashe zangiritse kubera gusaza, ku buryo hari ahagaragara ibinogo.
Ntibibuza abakoresha uyu muhanda kunyura kuri iki kiraro, ariko ngo nuko nta handi banyura kuko gikikijwe n’amazi.
Abaganiriye na muhaziyacu.rw bavuga ko kuba cyarangiritse bibatera impungenge bakaba bifuza ko cyasanwa.
Abo twaganiriye barimo abanyamaguru, abayobozi b’imodoka n’amagare, twaganiriye duhagaze iruhande rw’iki kiraro, munsi yacyo hari amazi asuma, kikaba hejuru yayo nka metero eshanu.

Munyaneza Théogène utwara imodoka itwara imizigo akoresha umuhanda Ngoma-Gashora kenshi, yagize ati: “Hateye impungenge urabona yuko hariho imbaho zangiritse, zaraboze, izindi zaraguye, n’iyo imodoka inyuzeho, ikiraro cyose kiradigadiga n’ipine irahagera igashaka kugwamo hariya.”
Naho Ntihinyuka Joseph wo mu Murenge wa Rukumberi ati: “Igihe cyose kubera hariya harangaye kuriya iyo uhageze upakiye n’imizigo ku igare urivaho, kubera ko harimo imyenge ipine riyobeyemo, umuntu yahirima akagwa hariya mu mazi. Kirabangamye cyane ku buryo gikozwe byaba ari byiza.”
Uyu muhanda uriho iki kiraro cya Kanyonyomba, uri mu Gishanga cya Gashora, kinyuramo Umugezi w’Akagera uhuza imirenge ya Rukumberi mu Karere ka Ngoma n’uwa Gashora mu Karere ka Bugesera, ni wo uri muri gahunda yo gusanwa ugashyirwamo kaburimbo w’ibirometero 120 uva Kibungo (Ngoma) ukagera Ramiro (Bugesera), ugakomeza ukugera i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Umwali Angélique, avuga ko hagiye gukenzurwa ibikenewe byose kugira ngo iki kiraro cya Kanyonyomba gisanwe, kandi ibikorwa byo kugisana bitagomba kurenga iminsi 31.
Ati: “Tugiye kubyitaho gisanzwe mu buryo bwihuse bitarenze ukwezi kumwe. Turabizi ko ari ikiraro gihuza akarere n’akandi, hari abatekinisiye bagomba kujyayo vuba kureba ibikenewe kugira ngo gisanwe mu buryo bushoboka, kuko uriya muhanda urakoreshwa cyane.”
Ibikorwa byo kubaka Umuhanda Nyanza–Ramiro byo byaratangijwe.
Nubwo Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba buterura ngo butangaze igihe ibikorwa byimbitse byo gutangira kubaka bizatangirizwa ku ruhande rwa Kibungo (Ngoma) – Ramiro (Bugesera) umuhanda ureshya n’ibirometero 53; bwemeza ko bitazatinda.
Ariko mu gihe bitarakorwa ngo ntibyakuraho ko Ikiraro cya Kanyonyomba kigomba kuba gisanwe; kuko ibikorwa byo kubaka umuhanda bitakuraho ko ukoreshwa no mu gihe waba uri kubakwa ku buryo burambye.







Ibitekerezo 1