Abacururiza mu isoko rya Rwempasha, riherereye mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, barasaba ubuyobozi kubashyiriraho umunsi wihariye w’isoko, kuko byabafasha kubona abakiriya benshi no kongera ubucuruzi bwabo bukazamuka.
Ibi babitangaje bagaragaza ko iri soko rimaze imyaka igera kuri itandatu ryuzuye, kuko ryuzuye mu mwaka wa 2020, ariko kugeza ubu rikaba ritaragira umunsi wihariye riremeraho, bigatuma abacururizi bagorwa no kubona abakiriya bahagije, bityo ubucuruzi bukagenda biguru ntege.
Mukamana Beata, umwe mu bacururizi bacururiza muri iri soko, avuga ko kutagira umunsi w’isoko bituma ubucuruzi butagenda neza, ati: “Ducururiza hano ariko ntitubone abakiriya benshi, kuko abantu batazi umunsi bazahuriraho ari benshi. Hari igihe umunsi wose ushira nta kintu umuntu acuruje, bikaduca intege.”
Undi mucuruzi na we agaragaza ko isoko rifite inyubako nziza n’aho gukorera hameze neza, ariko bikabura umunsi wihariye waryo.
Ati: “Iyo isoko riba rifite umunsi rizwi, abakiriya bava no mu mirenge itandukanye bakahagera. Ubu buri wese aza uko abishakiye, bigatuma tugorwa no kubona isoko rihamye.”
Aba bacururizi banasabira hamwe ko mu isoko rya Rwempasha hakemererwa no gucururizwamo amatungo magufi nk’inkoko, ihene, inkwavu n’andi matungo mato, bavuga ko byatuma isoko rirushaho gukurura abantu benshi, bityo rikagira uruhare runini mu iterambere ry’abaturage n’ubukungu bw’akarere.
Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwempasha, bavuga ko igitekerezo cyo gushyiraho umunsi w’isoko cyari cyaratekerejweho, aho byari biteganyijwe ko isoko ryajya rirema ku wa Gatatu, ariko bikaba bitarashyirwa mu bikorwa.
Bemeza ko bagiye gukomeza kubikurikirana ku bufatanye n’akarere kugira ngo bigere ku murongo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Matsiko Gonzague, na we yemeje ko ikibazo cy’abacururizi bo mu isoko rya Rwempasha bakizi kandi ko bagiye kugikurikirana.
Ati: “Twumvise ibyifuzo by’abacuruzi n’abaturage. Akarere kagiye kubikoraho ku buryo isoko rya Rwempasha rizahabwa umunsi waryo, rikagira umunsi riremaho kandi rikagiramo n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi birimo n’icuruzwa ry’amatungo magufi, mu rwego rwo guteza imbere ubukungu bw’abaturage.”
Yakomeje asaba abacururizi gukomeza kwihangana no gukorana n’ubuyobozi, ababwira ko gushyira isoko ku murongo bizafasha mu kongera imirimo, kongera umusaruro w’ubucuruzi no guteza imbere imibereho myiza yabo.









