Polisi y’u Rwanda ishami ryo mu Ntara y’Iburasirazuba yemeje ko umurambo wa Abemeyimana Viateur uherutse kwiyahura mu Kiyaga cya Muhazi wabonetse ku mugoroba w’ejo hashize tariki ya 4, Werurwe 2020.
Mu kiganiro na muhaziyacu.rw , kuri uyu wa 5 Werurwe, CIP Hamdun Twizeyimana Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, yagize ati: “Umurambo we warabonetse , ejo nka saa 16:30 PM”
Ejo hashize, ni bwo twabagejejejo inkuru y’umusore witwa Abemeyimana Viateur w’imyaka 22 wari utuye mu Murenge wa Gishari, bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga cya Muhazi anyuze mu Murenge wa Munyiginya asiga yanditse ubutumwa bugaragaza ko yabitewe no kubeshyerwa ko yafashe ku ngufu umwana muto, kandi ko atemera gufungwa arengana.
Amakuru avuga ko Abemeyimana bikekwa ko yiyahuye ku mugoroba wo ku itariki ya 3 Werurwe yiyahurira mu Murenge wa Munyiginya uhana imbibe n’Umurenge wa Gishari avukamo.
Dutangaza inkuru yabanje, umurambo we wari utaraboneka.
Soma inkuru yabanje : Rwamagana: Umusore yiyahuye muri Muhazi nyuma yo gukekwaho gufata umwana ku ngufu





