MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Bugesera: Minisitiri Uwizeye yasabye Komite Nyobozi yarahiye kurushaho gukorera abaturage

Robert BashimikiYanditswe na Robert Bashimiki
22/11/2021

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri, Uwizeye Judith yasabye Komite Nyobozi y’Akarere ka Bugesera yarahiriye manda y’imyaka itanu ko kuba barongeye kugirirwa icyizere ari uko bakoze neza, abasaba kurushaho gukorera abaturage bakabateza imbere.

Uwizeye Judith yasabye iyi komite kwita ku muturage kuko bagaragaje ko bakibakeneye.

Ati: “Icyo tubasaba ni ugukorana umurava; gukorana umwete, kwita ku baturage b’aka Karere, kandi kuba bagarutse muri iyi manda yindi nshyashya ni uko abaturage babagiriye icyizere; ni uko mu by’ukuri bifuzaga yuko hari ibyo bakomeza kubakorera.”

Ati: “Birumvikana ko batabagaye kuko iyo babagaya batari kubatora, kuba barabatoye ni uko bakibakeneye, rero twifuza ko umurava bahoranye bakongeraho n’ubundi kuko turi mu gihe kidazanzwe cyo gukora cyane; gushaka iterambere ry’aka Karere no gukorana neza n’abandi.”

Iyi Komite Nyobozi y’Akarere ka Bugesera yarahiriye manda y’imyaka itanu ikuriwe na Richard Mutabazi akaba ari Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, nyuma yo kurahiririra inshingano zo kuyobora Akarere ka Bugesera mu myaka itanu iri imbere yijeje abaturage ba Bugesera ko we na bangenzi be bazakorana umurava mu kuzuza inshingano,

Ati: “Turabizeza ko tuzarushaho gukoresha imbaraga, umutima n’ubwenge kugira ngo tunoze izi nshingano zikomeye twashinzwe.”

Komite Nyobozi yarahiriye kuyobora Akarere ka Bugesera ikuriwe n’Umuyobozi wako, Richard Mutabazi, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Umwali Angelique, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinze imibereho myiza y’abaturage, Imanishimwe Yvette, aba bakaba barahijwe kuri uyu wa mbere tariki 22 Ugushyingo 2021 n’urukiko rwisumbuye rwa Gasabo.

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika ushinzwe imirimo y’inama y’Abaminisitiri, Uwizeye Judith

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: AmatoraBugesera

UMWANDITSI

Robert Bashimiki

Robert Bashimiki

Izo bijyanye

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026
Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi
Ubworozi

Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi

19/08/2026
Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 
Ubworozi

Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 

18/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kayonza: Umugore wari utwite inda y’imvutsi yishwe atemaguwe

Kayonza: Umugore wari utwite inda y'imvutsi yishwe atemaguwe

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU