MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze badindiza mituweli bihanangirijwe

Yussuf HakizimanaYanditswe na Yussuf Hakizimana
28/12/2019

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba buraburira abayobozi b’inzego z’ibanze bafite abaturage bataratanga mituweli ko nyuma y’ukwezi kwa mbere, abo bayobozi bazafatirwa ibyemezo birimo no kwirukanwa, kuko hari aho bigaragara ko aba bayobozi babigiramo intege nke mu bukangurambaga

Abayobozi b’imidugudu bahagarariye abandi bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, mu tugari twa Gahima, Mahango, Cyasemakamba na Gatonde ni bo banengewe mu ruhame kuba batuzuza inshingano zabo z’ubukangurambaga, aho muri aba bayobozi b’imidugudu barenga 10, nta mudugudu n’umwe warangije kwishyura mituweli.

Abayobozi b’imidugudu bahagarariye abandi bari kumwe na Guverineri Mufulukye

Aba bayobozi bavuga ko akenshi abaturage babananira. Mwumvaneza Amuri umuyobozi w’umudugudu yagize ati “Nibyo koko dufite abaturage batishyuye mituweli, ariko buri munsi mu nteko izo nyigisho nta munsi zidatambuka ariko dufite abaturage basa nk’abatunaniye.”

Uru rwitwazo batanze rwamaganiwe kure n’umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, abasaba ko uwumva atagishoboye yareka ubuyobozi hakiri kare aho kudindiza gahunda za Leta.

Guverineri Mufulukye yibukije abayobozi b’inzego z’ibanze ko kimwe mu by’ibanze bashinzwe ari ubukangurambaga ku baturage bayobora.

Yagize ati: “Ku rwego rw’umudugudu muri batanu, mufite izindi nzego na babandi bane b’abajyanama b’ubuzima, mufite izindi nzego ntashatse kujyamo nonaha nazo zibafasha, umudugudu ntabwo ujya hasi y’abantu 20 bawuyobora, ubu koko mufatanyije hari umuturage wabananira? Ahubwo ni uko ugenda bikaba ibyawe wenyine bagenzi bawe mufatanyije ntibaze”

Yakomeje agira ati: “Mureke kwihisha muri izo nshingano z’ubukangurambaga ndashaka kubona umuntu washoreye umuturage akamushyikiriza Polisi na RIB avuga ngo uyu muturage yanze kwishyura mituweli kandi yirirwa mu kabari, yanze gufasha abana barwaye bwaki mu rugo iwe, uwonguwo rwose twebwe tuzabashyigikira kandi urwo rugamba tuzarurwana.”

Ubuyobozi bw’Intara bwemeza ko abaturage mu ntara yose uturere turi hagati ya 70% na 80% by’abaturage bamaze gutanga mituweli.

 

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: Mituweli

UMWANDITSI

Yussuf Hakizimana

Yussuf Hakizimana

Izo bijyanye

Intumwa zo muri Congo-Brazzaville ziri mu rugendoshuri zasuye Akarere ka Ngoma
Amakuru

Intumwa zo muri Congo-Brazzaville ziri mu rugendoshuri zasuye Akarere ka Ngoma

13/08/2026
Perezida Kagame yakiriye Gen. Muhoozi Kainerugaba, baganira ku mubano w’u Rwanda na Uganda
Umutekano

Perezida Kagame yakiriye Gen. Muhoozi Kainerugaba, baganira ku mubano w’u Rwanda na Uganda

26/07/2026
U Rwanda ruzakira Inama ya 26 y’Abaminisitiri ba ESAAMLG iziga ku kurwanya iyezandonke
Amakuru

U Rwanda ruzakira Inama ya 26 y’Abaminisitiri ba ESAAMLG iziga ku kurwanya iyezandonke

25/07/2026
Perezida Kagame yaburiye abayobozi kwirinda guhimba ibyo bagezeho
Politiki

Perezida Kagame yaburiye abayobozi kwirinda guhimba ibyo bagezeho

17/07/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
AMAFOTO atandukanye yaranze umuganda witabiriwe n’abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba

AMAFOTO atandukanye yaranze umuganda witabiriwe n’abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU