MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Perezida Kagame yeretse abayobozi ko isaha n’isaha ibyo bakora babibazwa

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
05/02/2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagaragarije abayobozi ko bakwiye kunoza ishingano baba bahawe, kandi biteguye ko isaha n’isaha babazwa ibyo bakoze, basanga hari ibyakozwe nabi bakabiryozwa, abereka ko mu gihe bahawe inshingano baba bagomba kwihutira kuzikora neza mu mucyo bibuka ko baba bakorera umuturage.

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa 05 Gashyantare 2026, ubwo yari kumwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye mu nama y’Igihugu y’umushyikirano yabaye ku nshuro yayo ya 20, ikabera muri Kigali Convetion Center (KCC).

Mu ijambo Perezida Kagame yagaragarije abayobozi bitabiriye iyi nama ko inshingano ya mbere bafite ari ugukorera abaturage, agaragaza ko mu gihe wahawe ibyo ugeza ku baturage ntubibagezeho, isaha n’isaha uba wabibazwa kandi byagaragara ko hari amakosa wakoze ukaba wabihanirwa.

Yagize ati: “Gufata inshingano cyane cyane ku bayobozi kugira ngo ibyo dukora, ibyo tugeza kubo tuyobora, igihe nikigera tube twabibazwa, tubazwe tuti wemeye inshingano isaba ibi, warabihawe mu nyungu z’Abanyarwanda, ibyo wabigenje ute? Ayo mikoro wayakoresheje ute? Wayagize ayawe cyangwa wayakoresheje icyo byari bigenewe? Kubazwa ibyo dushinzwe byaba na ngombwa tukabyishyura, bikunda kubaho kenshi nubwo hari bamwe batamenyekana, ariko dukwiye gukomeza umuco aho byamenyekanye umuntu akabibazwa.”

Perezida Kagame yavuze ko kudakorana kw’inzego biri mu bituma hari imishinga itegurwa nabi ndetse ikabura gikurikirana, bikadindiza iterambere. Yavuze ko abarangarana imishinga nk’iyo bagomba kujya babibazwa.

Ati: “Ibijyanye n’imishinga isaba ibintu byinshi kuyishyira mu bikorwa hari umushinga utegurwa ariko ugategurwa mu buryo butuzuye, ugasanga hari urwego rugomba kubitegura ariko nanone urwo rwego ntirufatanye n’abateguye. Icya kabiri umushinga ugomba gukurikiranwa, ariko hari aho bidakorwa ugasanga abantu ntibitaye niba warahagaze cyangwa warakomeje, n’intambwe yatewe ikaba ari nto cyane. Ibyo tugomba kubishakira igisubizo kugera ubwo bihagarara, cyangwa no gushaka ababisobanura bakabikurikiranwaho, bakabibazwa vuba na bwangu bitagombye no gutinda, ibyo ndabibabaza kandi bigombwa gushakwa uko birangira. Hari ibindi byinshi bikorwa nabi bikavangwa bikazanamo Leta, abikorera, bikagenda nabi, ugasanga umushinga wagombaga gukorwa imyaka ibiri ukagera mu wa gatatu n’uwa kane kandi abantu bagakomeza nk’aho ntacyo bitwaye.”

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iheruka kuba yabaye ku wa 23-24 Mutarama 2024 ifatirwamo imyanzuro 13 igabanyijemo ibikorwa 41. Ibyashyizwe mu bikorwa ni 34 mu gihe ibigera kuri birindwi biri kugana ku musozo.

Ubundi, Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ni urubuga ruhuza Abanyarwanda baba mu Gihugu n’abo hanze. Baganirira ku iterambere ry’Igihugu muri rusange n’intego cyihaye mu gihe runaka ndetse abayobozi bakabazwa inshingano z’ibyo bakora.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yibanda ku gusuzuma aho Igihugu kigeze mu kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda, gushaka ibisubizo by’ibibazo byagaragaye mu nzego zitandukanye n’ibindi bigamije iterambere rirambye.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kwemera ko mwabaho kubera abandi mukwiye kubigira icyaha-Perezida Kagame

Kwemera ko mwabaho kubera abandi mukwiye kubigira icyaha-Perezida Kagame

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU