MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Nyagatare : Urubyiruko rwa Tabagwe rurifuza ibibuga

Felix NyabyendaYanditswe na Felix Nyabyenda
16/11/2023

Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Tabagwe rurasaba ubuyobozi kurwubakira ibibuga by’umupira w’amaguru bihagije kuko birufasha kutishora mu biyobyabwenge nk’umurenge wegereye umupaka w’igihugu cya Uganda.

Ukigera muri uyu Murenge uhasanga urubyiruko rwinshi ruganira umupira w’amaguru ruvuga n’amazina y’abakinnyi rwifuza kuzaba nkabo.Iyo ubabajije impamvu badakoresha ikibuga gihari bavuga ko kidahagije kandi ngo kitanakoze neza kuburyo bagikiniraho neza.

Manzi Julius Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Murenge wa Tabagwe, avuga ko urubyiruko ahagarariye rubonye ibibuga bihagije byarubuza kwishora mu biyobyabwenge.

Ati”Kugira ibibuga by’umupira ni imwe mu nkingi nziza z’urubyiruko kuko dukunda Siporo kandi Umurenge wacu uturiye umupaka,iyo tubonye ibibuga by’umupira urubyiruko rwacu ruridagadura rugakina nyuma yo gukina rugasaabaana rukaganirizwa gahunda nziza za leta,rukabura umwanya wo kujya kuzana kanyanga muri Uganda”.

Mugabire Emmy we avuga ko babonye ibibuga bihagije byajya bibafasha gukabya inzozi zabo zo kuzaba abakinnyi bakomeye mu mupira w’amaguru kuko bajya bakina igihe gihagije kuko baba Ari benshi.

Yagize ati:”Nkunda umupira w’amaguru ndifuza kuzaba Haaland(akinira ikipe ya Manchester City yo mu bwongereza)ariko ntibyoroshye kuko ikibuga dukiniraho tuba turi benshi umuntu akabura uko akina bihagije…..,ikindi umupira ntabwo uwutembereza neza nkuko ubyifuza bitewe n’ikibuga ubwo rero badukoreye ibindi bibuga byadufasha kugaragaza ibyo dushoboye”.

Matsiko Gonzague Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe iterambere ry’ubukungu yizeza uru rubyiruko kubakirwa ibibuga bihagije kuko byashyizwe mu igenamigambi.

Ati:”Ni gahunda dufite ni ibintu tuzirikana ,dufite gahunda y’uko muri buri mwaka tuzajya twubaka ibibuga muri buri murenge ni intego yacu dufatanyije n’abafatanyabikorwa bacu rero hari ibibuga tuzakora muri uyu mwaka kugeza igihe bizagera muri buri kagari Ku buryo urubyiruko yewe n’abakuru bazajya babona aho bidagadurira”.

Akarere ka Nyagatare gafite urubyiruko rusaga ibihumbi 177,kagaragaramo kandi urubyiruko rukina umupira w’amaguru. Kubibuga 110 biri mu tugari 106 kakaba kanafite sitade kubakiwe na Perezida wa Repuburika yakira abafana ibihumbi 3000, aka Karere gafite abaturage 653 861.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Felix Nyabyenda

Felix Nyabyenda

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kayonza: Babiri mu rubyiruko rw’abakorerabushake b’i Mukarange bahawe amagare

Kayonza: Babiri mu rubyiruko rw'abakorerabushake b'i Mukarange bahawe amagare

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU