Akarere ka Nyagatare kagaragaje igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Nyagatare kizagenderwaho kugeza mu mwaka wa 2050.
Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa 27 Gicurasi 2020, Ubuyobozi bw’akarere buvuga ko iki gishushanyo kije nk’intambwe y’iterambere ry’umujyi wa ko, wanatoranyijwe nk’umwe mu mijyi itandatu yunganira Umujyi wa Kigali.
Uyu munsi kandi wari itangizwa ry’iminsi 28 igishushanyo mbonera kigomba kwerekanwa mu bice bitandukanye by’akarere mbere y’uko cyemezwa burundu.
Haba hubahirizwa iteka rya Perezida wa Repubulika, ko igishushanyo cyerekwa abaturage kugira ngo igihe hari ikibazo cyangwa icyo basaba ko gihinduka; ubuyobozi bubikemure.
Iki gishushanyo cyakozwe n’ikompanyi yo mu Gihugu cya Singapore, ikaba ari na yo yakoze igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali.
Uyu mujyi uzaba ungana n’ubuso bwa kilometero kare 67, ukazafata Umurenge wa Nyagatare ku kigero cya 90 ku ijana, hakiyongeraho n’imidugudu ibiri yo mu mirenge ya Rwempasha na Tabagwe.
Kuradusenge Jean Marie Vianney wari uhagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA), yatangaje ko hajya gukorwa iki gishushanyo hibanzwe cyane cyane mu guteza imbere umujyi ubereye abaturage, ariko ukaba n’umujyi ubungabunga ibidukikije (green city).
Rubagumya Sam, Perezida w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Nyagatare, avuga ko abacuruzi bishimiye iki gishushanyo mbonera kubera bizabafasha kumenya icyo kwibandaho mu gushora imari.
Ati: “Akarere ka Nyagatare kagizwe n’ubuhinzi n’ubworozi, birumvikana ko aho ari ho umuntu areba uburyo ubuhinzi n’ubworozi byakwaguka.”
Mushabe David Claudian, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, yagize ati: “Tugiye kumanuka ku midugudu n’inzobere (engineers) zacu, ndetse n’abandi twese, kuko iki gishushanyo turacyumva… Dusange abaturage bacu tujye kubasobanurira aho batuye ikizahaba [kugeza] mu myaka 50 [iri imbere].”
Meya Mushabe avuga ko mu mwaka wa 2012 ari bwo haherukaga gusohoka igishushanyo mbonera, akaba ari na cyo bagenderagaho uyu munsi.
Gusa Mushabe yemeza ko kitari kikijyanye n’igihe, dore ko cyanasohotse Nyagatare itaranatekerezwa nk’umujyi wunganira umurwa mukuru.

Igishushanyo gishya, ubu kigaragaza ibintu bitandukanye, harimo ahazaturwa, ah’inganda, ahazajya imihanda, ibigo bya Leta, inzu z’ubucuruzi, ubusitani abantu batembereramo baruhuka.
Hanagaragazwa kandi uburyo uyu mujyi uzajya waguka, kuri ubu hagaragazwa ko bazabanza bagateza imbere umujyi mbere na mbere, hanyuma bakazabona kuzamura utundi dusantere twunganira Nyagatare, nka za Rwimiyaga, Rukomo, Mimuri, n’ahandi.
Akarere ka Nyagatare ni ko karere kanini mu Rwanda, gafite ubuso bwa kilometero kare 1,741, imirenge 14, utugari 106, imidugudu 628, n’abaturage 466,944.
Byitezwe ko mu mwaka wa 2050, Akarere ka Nyagatare kazaba gatuwe n’abaturage miliyoni mwe n’ibihumbi 400, Umujyi wa Nyagatare ukazaba utuwe n’abantu ibihumbi 400.






