Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi uyu mwaka umuhanda uhuza uturere twa Ngoma na Bugesera waratandukanye kubera imvura nyinshi yatembanye ikiraro cyari hejuru y’umugezi wa Kanyonyomba i Gashora muri Bugesera.
Kuva ubwo ingendo zihuza utu turere ntizigishoboka keretse ku bo bishobokeye kwambuka n’ubwato, ni ukuvuga ko bisaba uturutse i Ngoma n’imodoka kuzenguruka akanyura i Kigali cyangwa i Rwamagana kugira ngo agere muri Bugesera.
Tariki 7 Gicurasi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi RTDA cyatangaje ko hagiye kubakwa ikiraro cy’agateganyo byihuse nyuma yuko icyari gihari gitwawe n’umwuzure tariki ya 4 Gicurasi.
Ibi byagombaga gukorwa ku masezerano hagati y’ikigo RTDA n’ishami ry’igisirikare gishinzwe ubwubatsi (Engineering Brigade).
Baganizi Patrick Emile, Umuyobozi wa RTDA wungirije, akaba n’umuvugizi w’ikigo, yabwiye MUHAZIYACU ko noneho bitarenze mu mezi abiri ikiraro cy’agateganyo kizaba cyabonetse mbere y’uko ikirambye cyubakanwa n’umuhanda uhuza uturere tubiri.
Yagize ati: “Amasezerano ari mu gihe cyo gusinywa, turatekereza ko uku kwezi kuzajya kurangira twaratangiye imirimo.”
Baganizi yasobanuye ko imbogamizi kenshi zituruka ku isinya ry’amasezerano, kuko ngo hari igihe abazakora ubwo bwubatsi nabo mbere y’uko basinya babanza bakareba niba bafite n’ibikoresho bazahakoresha, cyangwa bafite n’ikipe ihagije yo guhita babikora.
Ati: “Ntabwo bashobora gusinya ayomasezerano badafite ibyo bikoresho byo guhita babikora.”
Baganizi kandi yongeyeho ko hanabaho gukora amagenzura atandukanye yo kureba aho bazubaka ikiraro n’uko hateye, kugira ngo barebe ko hakomeye.
Iki kiraro cy’agateganyo nicyubakwa ngo kizajya kinyurwaho n’ibintu bitaremereye; ni ukuvuga nka za moto, amagare, abanyamaguru, naho imodoka zo ngo bizaterwa n’uko bazabyanzura bamaze kubona uko gikomeye nyuma yo kucyuzuza.
Nanone ati: “Icyo dushaka nuko habaho guhuza uturere twombi, nicyo cy’ingenzi. Turimo turabyihutisha kugira ngo bidatinze kiboneke.”
Nibatangira nko mu mpera z’uku kwezi, ubundi nko mu kwezi kumwe cyangwa abiri kizaba kirangiye kiri gukoreshwa.
Uyu muyobozi avuga ko abubaka umuhanda urambye biteganyijwe ko bazaba babonetse bitarenze Mutarama 2021, kuko biri muri gahunda yo gutanga isoko ry’uzubaka umuhanda Ngoma-Ramiro (Ngoma-Bugesera).
Ibi ni ukubera ko ubusanzwe umuhanda uzubakwa uturuka mu Mujyi wa Kibungo mu Karere ka Ngoma ukagera i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, ariko ukaba urimo ibice bibiri. Uruhande ruva Kibugabuga muri Bugesera rukagera Rwabusoro muri Nyanza rwo hashize igihe rutangiye kubakwa.







Nibyiza kuba uwo muhanda ugiye gukorwa byagateganyo.