Abaturage bo mu bice bitandukanye by’Akarere ka Ngoma, mu Ntara y’Iburasirazuba barasaba Leta kubaha inzitiramibu kuko izo baherutse guhabwa mu mwaka wa 2016, ubu zangiritse ku buryo zitakibarinda kurumwa n’imibu itera malariya.
Muhaziyacu yaganiriye n’abatuye bo mu bice bitandukanye by’ako karere bahuriza ku kugaragaza ko inzitiramibu zizwi nka ‘Supanete’ bahawe mu mwaka wa 2016 no mu ntangiro za 2017, zangiritse ku buryo zitakibarinda kurumwa n’imibu irimo n’itera marariya.
Umubyeyi witwa Mukandayishimiye Deltine agaragaza ko inzitiramibu bafite zitakibarinda kurumwa n’imibu, ati : “Inzitiramibu baduhaye muri 2016 se wowe urumva yaba ikiri nzima koko? Zirashaje, zaratobaguritse, njyewe mfa kukiraramo ariko cyarapfumaguritse ntabwo ikiturinda imibu. Mu minsi ishize twari twagize amahirwe baduterera umuti mu nzu ariko twifuza inzitiramibu nshya.”
Niyonsenga Patrice wo mu Kagari ka Mutsindo, mu Murenge wa Gashanda na we ati : “Oya ubu zarashaje pe, zirimo amadirishya wagira ngo ni imbeba yaziriye, ahubwo hari n’izo twagiye tujugunya kuko ziba zaracikaguritse. Turasaba ko mwatuvuganira Leta ikaduha izindi nzitiramibu, zaturinda kurumwa n’imibu ku buryo twajya turyama tukanasinzira neza.”
Mu mwaka 2015 ni bwo Leta y’u Rwanda yatahuye ko inzitiramibu zigera kuri miliyoni 2.6, zifite agaciro ka miliyari ikenda mu mafaranga y’u Rwanda zatumijwe mu mahanga mu mwaka wa 2012, zari zitujuje ubuziranenge, ntizifashe abaturage, ahubwo zigatuma malariya yiyongera kurushaho.
Ubu, Ikigo cy’ubuzima-RBC, kiratangaza ko biteganyijwe ko guhera muri izi mpera z’umwaka 2019, hateganyijwe ibikorwa byo gutanga inzitiramibu nshyashya mu gihugu hose.
Mutabazi Alphonse Umukozi mu ishami rishinzwe kurwanya Malariya muri RBC ni byo asobanura agira ati: “Guhera muri uku kwezi k’Ukuboza 2019 turateganya gutanga inzitiramibu nshya mu gihugu hose. Uko gahunda iteganyijwe ni uko abantu bafite ubushobozi buke bo mu kiciro cya mbere n’icya Kabiri by’Ubudehe bazahabwa inzitiramubu ku buntu, ndetse n’abo mu kiciro cya Gatatu ariko badafite akazi gahoraho na bo bazazihabwa ku buntu, abo mu cya Kane bo bazazigurira.”
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, igaragaza ko abarwaye Malaria y’igikatu bavuye ku bihumbi 17 mu 2016 bakagera ku 7000 mu 2018, na ho abo yishe bavuye kuri 700 mu 2016 bagera kuri 300 mu 2018.
Mu rwego rwo kurwanya indwara ya malariya, iyi minisiteri igira abantu inama zirimo kuryama mu nzitiramubu ikoranye umuti buri joro, gutema ibihuru bikikije aho baba, gukinga hakiri kare amadirishya n’inzugi by’inzu, gusiba ibinogo birekamo amazi; no kwivuza hakira kare mu gihe hari ufashwe n’uburwayi.
Nubwo Abanyengoma n’abo mu bindi bice by’Intara y’Iburasirazuba batari bake bahuriye ku cyifuzo cyo guhabwa inzitiramibu nshya, Ikigo RBC kigaragaza ko ubushakashatsi cyakoze muri 2017, bwagaragaje ko 32% by’abatuye Intara y’Iburasirazuba batarara mu nzitiramibu kandi bazifite.






