MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Minisiteri y’Ubuzima yasohoye amabwiriza mashya yo gukumira Ebola mu bigo by’ubuvuzi

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
19/05/2026

Minisiteri y’Ubuzima yibukije ibitaro n’ibigo nderabuzima byose byo mu Rwanda byaba ibya Leta n’ibyigenga, kongera ubukangurambaga no gukaza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara mu bihugu bituranye n’u Rwanda.

Ibi byatangajwe mu ibaruwa yagenewe abayobozi b’ibitaro byose n’ibigo nderabuzima, igaragaza ko icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, aho hari abantu 9 bamaze kwandura ubwoko bwa virusi ya “Ebola Bundibugyo”.

Minisiteri isaba ko buri murwayi wese ugaragaza ibimenyetso bishobora kuba Ebola yakwitabwaho vuba kandi agatangazwa hakoreshejwe sisitemu ya e-IDSR (Electronic Integrated Disease Surveillance and Response)

Ibaruwa igira iti: “Umurwayi wese ufite ibimenyetso bya Ebola agomba gutangazwa ako kanya binyuze muri sisitemu ya e-IDSR.”

Iyi minisiteri isobanura ko ibimenyetso by’ingenzi birimo umuriro mwinshi (≥38°C), kubabara umutwe, imikaya n’ingingo, gucika intege, inkorora, kubabara mu muhogo, kubura ubushake bwo kurya, kuruka, impiswi ndetse no kuva amaraso bidaturutse ku gikomere cyangwa imihango.

Nanone, harasabwa ko abarwayi bakekwaho Ebola bashyirwa ahantu hihariye ho kwitabwaho mu gihe bagitegerejwe koherezwa ku rwego rukwiye.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko hakenewe kwihutisha igenzura ry’ibikoresho byo kwirinda (PPE) n’ahagenewe kwita ku barwayi bashyirwa mu kato. Iti: “Hagomba kugenzurwa niba hari ibikoresho bihagije byo kwirinda (PPE), uburyo bwo gukumira ubwandu, ndetse n’aho kwakirira abarwayi mu kato, ibibazo byose bigahita bitangazwa,”

Minisiteri isaba kandi guhugura abakozi bose bo mu rwego rw’ubuzima n’abajyanama b’ubuzima ku bijyanye no kumenya, gutanga amakuru no gukumira Ebola, harimo no kwirinda guhura n’amatembabuzi y’uwakekwaho kwandura.

Ku rwego mpuzamahanga, iyi baruwa ishingira ku makuru yatanzwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), agaragaza ko hakiri ibyago byo kwiyongera kw’icyorezo mu karere.

Umuyobozi ushinzwe Serivisi z’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Oreste Tuganeyezu, yasobanuye aho abaturage bashobora kubona ubufasha, ati: “Umurwayi wese ukekwaho Ebola agomba guhita yitabwaho kandi hakihutishwa kumumenyesha inzego zibishinzwe kugira ngo afashwe ku gihe,”

Minisiteri isaba ko amakuru ku bakekwaho Ebola atangwa vuba, haba mu bigo nderabuzima no mu midugudu, mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo.

Abaturage basabwa gukomeza kwitwararika, kugana ibigo nderabuzima igihe bagaragaje ibimenyetso bikemangwa, no gukurikiza amabwiriza y’Abaganga.

 

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kayonza-Ndego: Nyuma y’ibihe bitoroshye by’inzara ubuzima bwarahindutse

Kayonza-Ndego: Nyuma y'ibihe bitoroshye by'inzara ubuzima bwarahindutse

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU