Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Mutabazi Richard yakanguriye abakorera ubucuruzi mu Mujyi wa Nyamata gutanga serivizi nziza ku babagana, abibutsa ko gutanga serivisi nziza ku muguzi atari impuhwe abamugiriye ahubwo ko bakwiye kubikora kugira ngo bagire inyungu yisumbuye ku yo babona.
Ibi yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 05 Gicurasi 2022, ubwo yaganiraga n’abacuruzi bo mu Mujyi wa Nyamata ku mitangire ya serivisi.
Meya Mutabazi avuga abacuruzi bakwiye kwita ku kunoza imitangire ya serivisi bakita ku babagana ntibibe ukubikiza, Ati: “Serivisi dutanga; niba ari hoteli, akabari, iduka cyangwa farumasi, gutanga serivisi nziza ntacyo bitwaye ahubwo numva aribyo byadufasha; ariko ahenshi usanga dutanga serivisi nk’abikiza. Umuntu aje guhaha ariko ntushaka no kumureba kandi ari we ufite ifaranga, uramureba atambuka ntushake no kumuvugisha kandi wazindutse uje gukingura ngo abantu bagure.”
Meya Mutabzi yibaza ukuntu abantu bajya gusaba serivisi ntibabone ababakira, ati: “Ukajya mu kabari cyangwa muri Hoteli; mbese kugira ngo ubone umuntu ukwakira akaba akugiriye impuhwe, ntiwumve ko utanga serivisi kubera ko aricyo kintu ucuruza.”
Uyu muyobozi yakomeje agaruka ku gutanga serivisi nziza mu nzego zose, aho yakomeje avuga ko serivisi nziza ikwiye kujyana n’isuku, yibutsa abacuruzi ko bakwiye kwitegura amahirwe azakomoka ku nama mpuzamahanga ya CHOGM 2022 igiye kubera mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali, aho hitezwe ko Umujyi wa Nyamata ushobora kwakira abantu bashaka serivisi zitandukanye bazaba basagutse ku Mujyi wa Kigali.
Tumusabe Janviere ucururiza mu Mujyi wa Nyamata avuga ko bagiye kongera imbaraga mu mitangire ya serivisi ikanozwa kurushaho, ati: “Birakwiye ko tunoza imitangire ya serivisi tukita ku batugana, tukamenya ko umukiriya aba atuzaniye amafaranga, cyane ko ariyo aba yatuzinduye. Niba twiteze ko tugiye kubona abakiriya barenze kubo twari dusanganywe mu minsi iri imbere; ni ngombwa ko tunoza imikorere kurushaho, tukamenya ko dufite ubushobozi bwo kwakira no gutanga serivisi nziza ku batugana.”
Karekezi Theoneste, Umucuruzi mu Mujyi wa Nyamata na we avuga ko gutanga serivizi nziza bikwiye kuranga umucuruzi wese, akanahamya ko serivisi nziza ikwiye guhera mu kunoza isuku, cyane cyane mu mahoteli n’amaresitora. ati: “Serivisi nziza ikwiye guhera mu kunoza isuku ku bantu batanga serivisi z’amafunguro nk’amahoteli n’amaresitora. Gusa ntibibuza ko n’abakora ubundi bucuruzi bakwiye kurangwa n’isuku aho bakorera.”
Perezida Kagame aherutse gushimangira ko bitumvikana uburyo serivisi mbi zabaye umuco muri hoteli zo mu Rwanda, abantu bakabyihanganira imyaka n’imyaniko nta gikorwa.
Umukuru w’Igihugu ati “Ni ikibazo gikomeye kandi mwanze guhindura, Tubivuze nabyo imyaka myinshi. Serivisi zo mu mahoteli yanyu, ni mwe Abanyarwanda gusa mushobora kubyemera mukabana nabyo bigasa n’aho nta kibazo gihari. Bagiye kubamenya rero, bazaza ari benshi bagiye kubamenya.”








