MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Kirehe: Ihere ijisho amafoto agaragaza impinduka mu iterambere ry’Umujyi wa Nyakarambi

MUHAZIYACUYanditswe na MUHAZIYACU
27/10/2022

Nyuma y’uko Akarere ka Kirehe gaherereye mu Ntara y’Iburasirazuba kemejwe nk’umwe mu mijyi yunganira Umujyi wa Kigali, imbaraga nyinshi ziri gushyirwa mu guteza imbere aka Karere hubakwa ibikorwaremezo bitandukanye.

Umujyi wa Nyakarambi ugizwe n’ibice by’Imirenge ya Kigina na Kirehe, uretse kuba utuwe, ni naho hari Isantere y’ubucuruzi nini, Ibiro by’Akarere ka Kirehe n’ibindi bigo bitanga serivisi  ibya Leta n’ibyigenga, Ibitaro by’Akarere ka Kirehe, Gare ya Nyakarambi, Isoko rya Nyakarambi, Urwibutso rwa Jenoside rwo ku rwego rw’akarere ka Kirehe, Ingoro y’Umuryango FPR Inkotanyi, ibikorwa bitandukanye by’abikorera nk’amahoteri, Agakiriro k’Akarere ka Kirehe n’ibindi.

Kuri ubu umujyi wa Nyakarambi ari na wo ufatwa nk’umujyi mukuru w’Akarere ka Kirehe utuwe n’abagera ku bihumbi 25.

Hari intego y’uko mu mwaka wa 2035 uyu mujyi uzaba utuwe n’abaturage barenga ibihumbi 100,000 naho mu mwaka wa 2050 bikaba biteganyijwe ko hazaba hatuwe n’abaturage ibihumbi hagati ya  250 na 300; kandi batuye mu buryo bugezweho hakoreshejwe ubuso buto.

MUHAZIYACU yabegeranyirije amafoto agaragaza ibice bitandukanye bigize Umujyi w’Akarere ka Kirehe ahazwi nk’i Nyakarambi, uri gukura waguka ari na ko utera imbere mu bikorwaremezo birimo imihanda ya kaburimbo, imiturire, amahoteri n’ibindi.

Inkuru yanditswe na Ndayizeye Pierre 

Ku biro by’Akarere ka Kirehe

Ingoro y’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Kirehe

Imihanda ireshya na kirometero 4.5 iherutse kubakwa mu Mujyi wa Nyakarambi

 

Ubusitani buri hafi y’ibiro by’Akarere
Hari aho gusohokera, kwiyakirira no kuruhukira

Muri kirometero nke uvuye mu isantere ya Nyakarambi hari Ibitaro by’Akarere ka Kirehe
East Gate Hotel ishami rya Kirehe

Zimwe mu nzu zikorerwamo ubucuruzi i Nyakarambi

Hari impinduka mu iterambere zigaragara no mu myubakire

Imihanda ya kaburimbo yatangiye kugezwa muri za Karitsiye

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: Akarere ka KireheNyakarambi

UMWANDITSI

MUHAZIYACU

MUHAZIYACU

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Gatsibo: Imiryango 97 y’abirukanwe muri Tanzaniya yahawe ubutaka bwo guhinga

Gatsibo: Imiryango 97 y'abirukanwe muri Tanzaniya yahawe ubutaka bwo guhinga

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU