MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Kirehe: Bibutse abari abakozi ba komine Rusumo na Superefegitura ya Kirehe bazize Jenoside 

Rahim EtienneYanditswe na Rahim Etienne
25/04/2024

Mu Karere ka Kirehe kuri uyu wa 24 Mata, habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 abari abakozi ba komine Rusumo na superefegitura ya Kirehe, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi abakozi.

Muri iki gikorwa abayobozi bafashwe umwanya wo kwibuka, kunamira no gushyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kirehe i Nyakarambi, ahashyinguye mu cyubahiro imibiri y’Abatutsi basaga ibihumbi 12.

Perezida wa IBUKA mu Karere ka Kirehe, Bonaventure Nduwimana, yavuze ko kwibuka abari abakozi bazize Jenocide yakorewe Abatutsi, bikwiye kuba umwanya wo gusubira inyuma bakareba ariko bigira ku mateka kugira ngo ibyabaye bitazasubira,anasaba abakozi gukomeza gukora ibyiza anasaba ko abazi amazina y’abari abakozi bishwe bayaharagaza arinako amazina yabo yagira aho yandikwa.”

Ati: “Turibuka abari abakozi ba ba komine Rusumo nicyari superefegitura ya Kirehe ariko tubibuka tubasaba kugira ngo ibyabaye bitazongera kubaho,ariko birakenewe ko ababa bazi amazina y’abakozi yayatubwira kandi twifuza ko hashyirwaho urukuta ruriho amazina yabo nibigwi byabo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Rangira Bruno yihanganishije abo imiryango yari ifite abakozi bakoraga mu yahoze ari komine Rusumo na superegiture ya Kirehe bishwe muri Jenoside yabakorewe Abatutsi mu 1994.

Yavuze kandi ko biteganyijwe ko amazina ndetse n’ibiranga abari abakozi bamaze kumenyekana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi kizashyirwa ku karere.

Ati: “Muri gahunda dufite nuko ku karere duteganya kuhashyira ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside ndetse n’amazina y’abari abakozi ba komine Rusumo na superegiture ya Kirehe.”

Amazina y’abari abakozi ya komine Rusumo na superefegiture ya Kirehe bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi amaze kumenyekana ni 10 ariko hari gushakishwa andi mazina y’abandi bakoraga imirimo itandukanye muri aka karere bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994.

Nduwimana Bonaventure, Perezida wa IBUKA mu Karere ka Kirehe
Rangira Bruno, Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: #kwibuka30Akarere ka Kirehe

UMWANDITSI

Rahim Etienne

Rahim Etienne

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Ngoma: Imikoranire y’abajyanama b’ubuzima n’Ibigo nderabuzima yatumye abipimisha inda biyongera

Ngoma: Imikoranire y'abajyanama b'ubuzima n'Ibigo nderabuzima yatumye abipimisha inda biyongera

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU