MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Kiliziya Gatolika mu Rwanda yizihije yubire y’imyaka 125 y’ukwiyegurira Imana

Robert BashimikiYanditswe na Robert Bashimiki
12/01/2025

Abayoboke ba kiliziya Gatolika mu Rwanda barimo abihaye Imana, bizihije yubile y’ukwiyegurira Imana muri Paruwasi Mwamikazi w’Intumwa Nyamata Arikidiyosezi ya Kigali, Abiyeguriye Imana basabwa kurushaho gushyira imbere ubuvandimwe kuruta isano y’amaraso.

Igitambo cya misa yo guhimbaza yubile y’ukwiyegurira Imana muri Arikidiyosezi ya Kigali, cyatuwe na Musenyeri Filipo Rukamba, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare uri mu kiruhuko cy’izabukuru.

Mu butumwa yageneye abitabiriye ibi birori, Musenyeri Rukamba yavuze ko kwiyegurira Imana bishingiye ku gukunda Imana mu buzima bw’uwayiyeguriye, no kuberaho abandi.

Ati’: ‘Tugire umutima nk’uw’abana b’Imana, uhore urangamiye Kristu, uri ishusho ry’Imana aho uri hose, kuko umutima wawe icyo gihe ni umutima ukunda, woroshya kandi witanga nk’uwa Yezu Kristu, uwiyeguriye Imana bivuga kuberaho abandi.”

Padiri Eugene Niyonzima, umupadiri w’umupalotini akaba n’Umuyobozi w’ihuriro ry’imiryango y’abihaye Imana (COSUMAR), yashimiye Abiyeguriye Imana ba Arikidiyosezi ya Kigali, abibutsa umuhamagaro bafite, asaba buri wese gushyira  imbere ubuvandimwe.

Ati: “Isano y’amaraso ntigifasha cyane kubaka ubuvandimwe nubwo ariko byakagombye; kuko hari abavandimwe usanga baryana, ariko twe turasabwa kuba abarenze abavandimwe kuko abantu bakeneye ko tubafasha. Nitwiyibagirwa tukibuka Imana n’abayo tuzabigeraho.“

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Mutabazi Richard yashimiye Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika bwabatumiye nk’ubuyobozi bw’inzego za Leta avuga ko kuba Arikidiyosezi ya Kigali yarahisemo ko uyu munsi uhimbarizwa muri Paruwasi yabo ya Nyamata ari ibyo kwishimira, kandi ko kwizihiza yubile y’Ukwiyegurira Imana nabo bibafasha kwisuzuma no kongera gufata ingamba.

Yagize ati: “Ubirebye neza natwe twagize yubile, tuzakomeza gufatanya no kubaka umuryango mwiza cyane ko n’uwiyeguriye Imana aba yavuye mu muryango, mwese mbifurije yubile nziza y’impurirane y’imyaka 125 inkuru nziza igeze mu Rwanda n’imyaka 2025 y’ugucungurwa kwa benemuntu.”

Paruwasi Mwamikazi w’Intumwa Nyamata yizihirijwemo yubile y’imyaka 125 y’ukwiyegurira Imana, iri muri paruwasi 42 zigize Arikidiyosezi ya Kigali, ikaba umufatanyabikorwa w’Akarere ka Bugesera mu bikorwa b’ubumwe n’ubudaheranwa n’isanamitima, uburezi n’izindi gahunda zifasha abaturage kuzamura imibereho myiza.

Padiri Eugene Niyonzima umuyobozi w’ihuriro ry’imiryango y’abihayimana (COSUMAR)
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Mutabazi Richard
Musenyeri Filipo Rukamba

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Robert Bashimiki

Robert Bashimiki

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Nyagatare: Abatowe mu rugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi babwiwe icyo bitezweho

Nyagatare: Abatowe mu rugaga rw'urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi babwiwe icyo bitezweho

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU