MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Kayonza: Bihaye icyumweru kimwe kugira ngo bubakire umuturage wararaga mu birere

Ayabo ArthurYanditswe na Ayabo Arthur
07/01/2020
Mukarugina Olive amaze amezi atanu arara mu nzu y’ibirere.

Mukarugina Olive amaze amezi atanu arara mu nzu y’ibirere.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kabarondo uherereye mu Karere ka Kayonza buratangaza ko bwihaye icyumweru kimwe cyo kubakira umuturage witwa Mukarugina Olive, umaze amezi atanu arara mu nzu y’ibirere.

Ibi ubuyobozi bwabivuze nyuma yuko uyu muturage abwiye itangazamakuru ko amaze amezi atanu asenyewe inzu y’icyumba kimwe yabagamo ishaje cyane, akabwirwa ko agiye kubakirwa inzu nziza, inzu ngo yarubatswe bigizwemo uruhare n’abaturage igeze ku isakaro rirabura baritegereza amezi atanu kugeza ubwo inzu itangiye gusenyuka.

Mukarugina Olive w’imyaka 70 utuye mu Mudugudu wa Nyakabungo Akagari ka Cyinzovu mu Murenge wa Kabarondo yagize ati: “Abaturage baraje babumba amatafari batangira kubaka bageze hejuru aho bakeneye amabati n’inzugi baracumbika none ngo hashize amezi atanu ntakindi kintu kirongera gukorwaho.”

Yongeyeho ati: “Imvura yahise itangira kugwa, nababwira ngo genda ejo tuzaza bakanga kuza, noneho bigera naho njya ku murenge wa Kabarondo, ngezeyo mbwira ushinzwe imibereho myiza y’abaturage nti imvura iranyishe ngo nibaguhe shitingi, ubu ndaza nibera muri burende.”

Mukarugina avuga ko abayobozi bose babizi neza ko aba muri shitingi ishakajeho ibirere hejuru, agasaba ko yakwitabwaho nk’abandi baturage.

Abaturanyi be bavuga ko uruhare rwabo barurangije

Umwe mu baturanyi yagize ati: “ Inzu ye imaze kugwa ubuyobozi bwaraje buvuga ko bugiye kumwubakira inzu nini, iyo yabagamo y’icyumba kimwe barayikubita bapanga kumwubakira, abaturage twe twashyizeho imbaraga zacu mu gutanga umuganda; dutunda amabuye turazamura dutegereza ko bazana isakaro turaribura.”

Uyu muturage yakomeje avuga ko inzu yanyagiwe ikarinda yisatagura amabati ataraboneka ngo bayisakare.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kabarondo, Uwamariya Alphonsine, yabwiye muhaziyacu.rw ko bihaye icyumweru kimwe cyo kuyubaka ubundi umuturage akayijyamo.

Yagize ati: “Icyo kibazo turakizi, haguye imvura nyinshi ituma tunanirwa kuyisakara kuko amatafari yari yangiritse, ariko kugeza ubu isakaro rirahari, inzu twayishyize hasi dutangira kuzamura ubu turimo kuyubaka, mu cyumweru gitaha azaba ayirimo twihaye icyumweru kimwe.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko impamvu batahise bayisakara basanze imvura nyinshi yaguye yarangije amatafari bagahitamo kuyubaka bahereye hasi, yijeje uyu muturage ko mu cyumweru gitaha azaba yabonye inzu ye.

Mu Karere ka Kayonza kimwe n’ahandi hose hirya no hino mu gihugu, abaturage badafite aho kuba barimo kubakirwa, iyi gahunda igirwamo uruhare n’abaturage, abafatanyabikorwa batandukanye ndetse n’ubuyobozi bwa Leta butanga isakaro, inzugi, amadirishya na sima.

Aha niho inzu igeze yubakwa. Biteganyijwe ko mu cyumweru kimwe izaba yuzuye kugirango uwo yagenewe ayijyemo.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Ayabo Arthur

Ayabo Arthur

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Uruganda rw’umuceri rwa Rwamagana rumaze imyaka itanu rufunze rugiye gufungurwa

Uruganda rw’umuceri rwa Rwamagana rumaze imyaka itanu rufunze rugiye gufungurwa

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU