Nyuma yo kugaragarizwa ibikubiye muri gahunda y’iterambere ry’Akarere ry’imyaka itanu ndetse n’ikibazo cyo kwimura abaturage bagituye mu kirwa cya Sharita giherereye mu Murenge wa Rweru, abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Bugesera-JADF Bugesera biyemeje ubufatanye mu kubakira amacumbi iyo miryango.
Ibi byagarutsweho mu nteko rusange ya JADF Bugesera kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Nzeri 2025 yateraniye ihuza abafatanyabikorwa b’Akarere mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku bikorwa byagezweho, kurebera hamwe icyerekezo cy’Akarere muri gahunda y’imyaka itanu iri imbere.
Imwe mu mishinga yagarutsweho ikeneye ubufatanye ni uwo kwimura imiryango 96 ituye mu kirwa cya Sharita.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Umwali Angélique, yasabye abafatanyabikorwa gukomeza gushyigikira uyu mushinga kugira ngo abaturage bazatuzwe ahantu heza.
Ati: “Uyu mushinga ni ingenzi cyane kuko uzafasha kwimurira abaturage mu midugudu y’icyitegererezo, bakabaho neza kandi babone serivisi z’ibanze. Dusaba abafatanyabikorwa gukomeza kudutera ingabo mu bitugu kugira ngo tugere ku ntego.”
Mu byashimwe muri iyi nama, harimo uruhare rw’abafatanyabikorwa mu ngengo y’imari y’umwaka ushize wa 2024–2025, aho batanze umusanzu ugera kuri miliyari esheshatu.
Seburima Melanie, Umuyobozi wa AEE Rwanda mu Karere ka Bugesera, yavuze ko gusangizwa ibikorwa biri muri gahunda y’iterambere ry’Akarere bibafasha kurushaho kwinjiza ibikorwa byabo mu igenamigambi ry’Akarere.
Ati: “Nk’abafatanyabikorwa, twishimira kubona amakuru y’ukuri ku byo akarere gateganya. Bituma natwe dutegura ibikorwa byacu tugendeye ku byerekezo by’akarere, bityo tugakorera hamwe mu guteza imbere abaturage.”
Murenzi Emmanuel, Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa (JADF) mu Karere ka Bugesera, yijeje ko abafatanyabikorwa bazakomeza gushyigikira ibikorwa by’iterambere ry’akarere.
Ati: “Twiyemeje gukomeza gufatanya n’Akarere mu mishinga yose igamije iterambere ry’abaturage. Umushinga wo kwimura imiryango ituye mu kirwa cya Sharita ntuzahungabana, tuzawushyigikira kugeza ugeze ku musaruro wifuzwa.”
Mu Karere ka Bugesera habarizwaga ibirwa bibiri byari bituwe n’abaturage, ari byo ikirwa cya Mazane n’icya Sharita. Ubu, ikirwa cya Mazane nta muturage ukihatuye kuko bose bimuriwe mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Mbuganzeri mu Murenge wa Rweru.
Biteganyijwe ko hazubakwa inzu 48 zo mu bwoko bwa 2 in 1 azuzura atwaye asaga miliyoni 718 z’amafaranga y’u Rwanda.









