Kuri iki cyumweru, tariki ya 24 Ugushyingo, kuri Sitade y’Akarere ka Nyagatare habereye imikino ya gishuti yahuje ikipe y’abakozi b’Akarere ka Nyagatare n’ikipe ya Union Nyakabanda yo mu mujyi wa Kigali yabaye mu byiciro biriri, aho icya mbere cyahuje abakinnyi bari hejuru y’imyaka 40, ukarangira ikipe ya Nyagatare itsinze Union Nyakabanda ibitego 5-3.
Hakurikiyeho umukino wa kabiri w’abari munsi y’imyaka 40, aho ikipe ya Nyagatare yongeye kwigaragaza, itsinda Union Nyakabanda ibitego 2-1.
Iyi mikino yari igamije kwimakaza umuco wo guteza imbere ubufatanye, kwidagadura, n’imikoranire myiza hagati y’abaturage n’abayobozi.
Abitabiriye basabye ko ibikorwa nk’ibi byajya bikorwa kenshi kugira ngo bigire uruhare mu kubaka ubumwe n’imibanire myiza mu Karere no hanze yako.
Abafana bari bitabiriye ku bwinshi bishimiye uburyo aya makipe yagaragaje imbaraga n’ubushobozi mu kibuga.
Umuyobozi w’Akarere Gasana Stephen, yavuze ko ibikorwa nka siporo n’imyidagaduro bikwiye kwiyongera ariko na none bikajyana no gukora ngo kuko utakina ushonje, yanashimiye uburyo ikipe ye yitwaye neza igatahana intsinzi.
Yagize ati: “Ni byo tugomba kongera ibikorwa bya siporo n’imyidagaduro muri Nyagatare, ariko bitavuze ko ubuzima byacu bwose tuzabushingira kuri byo. Iyo uri gukora siporo uba uri kuruhuka kandi haruhuka umukozi. Bahungu banjye, ndabashimira cyane mwimanye Nyagatare.”
Ikipe y’abakozi b’Akarere ka Nyagatare iherutse gutsinda n’ikipe y’Akarere ka Ngoma ibitego ibitego 3-1 mu mukino wa gishuti wari wabahuje.







