Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yasabye abayobozi n’abakozi bo mu nzego z’ibanze kurushaho kunoza imitangire ya serivisi, agaragaza ko umuturage akwiriye kwakirwa neza no guhabwa ibisubizo ku bibazo bye mu gihe gikwiye.
Meya Niyonagira, agaragaza ko hari igihe umuturage ahura n’ikibazo kikamubuza umutekano yarabuze uwakimukemurira, akabaho atabasha gusinzira kubera ko ikibazo cye kimuremereye.
Yagize ati: “Ikintu kibuza umuturage ituze, kimubuza umutekano kuri we, ntaryame ngo asinzire, kiba kigomba gukemuka, yego hari abaturage batajya bakira ibisubizo twabahaye tubakemurira ibibazo, ariko hari n’abayobozi usanga batihutira gukemura ibyo bibazo. Hari icyegeranyo kijya gisohoka kigaragaza imitangire ya serivise, iyo hari aho bavuga ko bafata neza abaturage ahandi ugasanga ntabwo bikorwa, kiba ari ikibazo. Umuyobozi wese agomba kwibaza muri gahunda ya Leta ya kabiri yo kwihutisha iterambere mu gutanga serivise nziza wakwibaza uti ‘turagana he?’”
Yakomeje agaragaza ko hari abaturage bakigaragaza ko bakirwa nabi cyangwa bakavugishwa amagambo atari meza n’abayobozi bamwe, ibintu yavuze ko bidakwiye kuranga umuyobozi ukorera abaturage.
Ati: “Tugenda tubona uko hari bamwe mu baturage bavuga ko bakiriwe nabi, hari abatubwira ko hari umuyobozi uvuga nabi, abaturage akenshi ibyo batubwira hari igihe usesengura ugasanga nibyo. Nk’abayobozi dukwiye kwitwararika, imyaka waba ukoze iyo ariyo yose, imyaka waba ubaye mu buyobozi iyo ariyo yose, nta muntu ushobora kudahinduka ushobora kubyiga niyo waba udasekera abantu, ukabyiga kandi bigakunda.”
Meya Niyonagira yavuze ko ubuyobozi busaba ubushobozi bwo gukorana neza n’abaturage, ashimangira ko hari abashobora kutabasha guhuza n’akazi ko kuyobora ariko bakagira ahandi bashobora kwitwara neza kurushaho.
Yagize ati: “Njya nkunda kubwira abantu, ushobora kutaba Gitifu mwiza ariko ukaba umucuruzi mwiza, wikorera. Ntabwo twese twaremewe gukora mu nzego bwite za Leta, ziduhuza n’abaturage. Kuko niba umuturage yinjira ukamubwira nabi, bikaba rimwe, kabiri, gatatu… Ahita avuga ngo uriya muntu nta kigenda hari n’abajya batubwira, ngo njyewe nakoraga ibi, aho nasize ibikoresho byanjye ndahazi, ubundi ibyo tubimenyereye muri babandi tugorora muri za transit center, bahora bumva bahora bagororwa, ku muyobozi si uko byagakwiye kugenda rwose, umuyobozi akwiye kwita ku gutanga serivise nziza. Niba hari ukweretse ko hari icyo wakosora, uba ukwiriye kubyumva. Haranira ko buzajya bwira ufite ibiganza byera, n’imeza isa neza. Icyo ukwiye gukora uyu munsi gikore, udategereje umunsi w’ejo. Wirinda ko ntawe usiragiza, uzaba uri umukozi mwiza uteza Igihugu imbere.”
Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, bwakozwe mu mwaka wa 2025 ku ishimirwa rya serivisi abaturage bahabwa n’inzego z’ibanze, bwagaragaje ko Akarere ka Ngoma kaje ku mwanya wa 24 ku rwego rw’Igihugu n’amanota 69.4%.






