Politiki y’Igihugu mu buhinzi n’ubworozi ishishikajwe cyane no guhangana n’ikibazo cy’izuba ricana igihe kinini mu Ntara y’Iburasirazuba, kuri ubu hagezweho imishinga migari yo kuhira ku buso bugari, hari imishinga yatangiye gukora n’iteganywa gutangira.
Intara y’Iburasirazuba ikunze kwibasirwa n’ibihe by’izuba ricana igihe kinini, bigera ubwo bitera amapfa, urugero rwa hafi mu kwezi k’Ukuboza 2021 hari abaturage batuye mu mirenge 25 y’uturere twose uko ari turindwi bahawe ubufasha bw’ibiribwa byo kubatabara cyane cyane abari bagizweho ingaruka zo kurumbya, nta cyizere bafite cyo kuzasarura imyaka bahinze, yarumbijwe n’izuba ryacanye igihe kirekire.
Ubwo hatangizwaga ibikorwa by’umushinga mugari wo kuhira uzakorerwa kuri hegitari 2,600 mu Karere ka Kirehe, uyu mushinga ukaba uzakorerwa mu mirenge ya Nyamugali na Mahama ikunze kwibasirwa n’izuba, aha niho hagarutsweho imishinga migari yo kuhira ihari, ndetse n’iteganywa.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Gasana K. Emmanuel yagarutse ku ruhare rwa Leta mu guhangana n’ibihe by’izuba bikunze kwibasira bimwe mu bice by’iyi Ntara,

Guverineri Gasana yagize ati: “Kubera ko ubuyobozi bw’igihugu cyacu bureba kure bwatoranyije ko hano (Mahama) ndetse n’indi mirenge ihegereye hagiye kuba ikigega cy’ibikomoka ku buhinzi kimwe n’ahandi hose mu ntara dufite imishinga nkiyi ngiyi ”
Guverineri Gasana avuga ko mu Karere ka Nyagatare hari umushinga wa Kagitumba wuhira ku buso burenga hegitari 100, muri Kayonza hari umushinga mugari wo kuhira uri muri Ndego wuhira ku buso bugera kuri hegitari 1,000, Ngoma naho hari umushinga wa Ngoma 22 wuhira ku buso bugari bugera kuri hegitari 300, naho mu Karere ka Kirehe habarurwa umushinga wa Nasho wuhira ku buso busaga hegitari 1000.
Iyi mishinga ivugwa ni ihari yatangiye gukora, hari n’indi iri gutunganywa harimo umushinga wa Gabiro uzuhira ku buso burenga Hegitari ibihumbi 15, Mahama ya mbere, na Mpanga; ndetse hari n’inkuru nziza yatangajwe ku Karere ka Bugesera n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome.
Dr. Ngabitsinze yagize ati: “Muri Bugesera hari umushinga ugiye gutangira muri Rweru na Mugesera. Icyo twifuza ni uko kano gace k’Iburasirazuba gakunze kwibasirwa n’izuba mu myaka iri imbere hazaba habasha kuboneka amazi yo kuhira mu byanya binini ariko tukongeraho no kuhira imusozi.”

Uyu mushinga wa Rweru Mugesera warangije kwigwa ndetse ubarirwa muri miliyoni 100 z’amadorali y’Amerika, mu Karere ka Kayonza naho hari gutegurwa umushinga mugari wo kuhira imyaka mu Murenge wa Ndego.
Hari imibare igaragazwa n’Intara y’Iburasirazuba nabo bakesha Ikigo cy’Igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) yerekana ubuso bwuhiwe mu bihembwe bitatu by’ihinga mu mwaka wa 2021 (A,B,C), igaragaza ko ubuso bwose bwuhiwe ari hegitari zirenga ibihumbi 29 (29,531 Ha). Muri iyi mibare Akarere ka Ngoma ni ko kuhiye ubuso buto bungana na hegitari 1,415 naho Akarere ka Nyagatare ni ko kuhiye ubuso bunini bungana na hegitari 5,864.







