MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Muri 2035 abatuye mu mijyi mu Rwanda bazagera kuri 52.7%

Protogene BikorimanaYanditswe na Protogene Bikorimana
27/11/2025

Polotiki y’Igihugu y’imiturire y’imijyi yavuguruwe muri Gashyantare 2025, igaragaza ko umubare w’Abanyarwanda batuye mu mijyi uzakomeza kuzamuka aho bazagera kuri 52.7% mu mwaka wa 2035, ndetse bakazagera kuri 70% mu 2050, bavuye kuri 27.9% bo mu 2022.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2025, mu nama y’Ihuriro ry’Iterambere ry’Imijyi yo mu Ntara y’Iburasirazuba (Eastern Province Urbanisation Forum) yabereye mu Karere ka Nyagatare, yahuriyemo abayobozi baturutse muri Minisiteri zitandukanye, ibigo bya Leta n’abafatanyabikorwa.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yavuze ko ibi bigaragaza uburyo u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu miturire igezweho. Ati: “Dushaka imijyi ikura mu buryo burambye, yubahiriza ikoreshwa ry’ubutaka ritangiza ibidukikije kandi itanga ubuzima bwiza ku baturage. Iyi nama ni uburyo bwo guhuza imbaraga, tukareba aho tugeze n’aho tugana.”

Ku bijyanye n’iterambere ry’umujyi wa Nyagatare, Guverineri Rubingisa yavuze ko ari kamwe mu turere turimo gutera intambwe ikomeye mu kubaka imijyi igezweho.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, nawe yunzemo ko Nyagatare yiteguye kuba umusanzu ukomeye mu iterambere ry’imijyi mu Rwanda. Ati: “Duharanira umujyi ufite ibikorwaremezo bifatika, utanga serivisi nziza kandi ushobora guhatana ku rwego mpuzamahanga. Dukorana n’inzego zitandukanye kugira ngo abaturage bacu bagire imibereho myiza ishingiye ku ikoranabuhanga n’imiturire isobanutse.”

Yakomeje avuga ko mu mujyi wa Nyagatare hamaze kubakwa imihanda irenga kirometero 25, umujyi ukaba wubatse ku buso bwa kirometero 82. Hari n’umushinga wo kubaka ubusitani bwa hegitari eshatu buzafasha abaturage kubona ahantu heza ho gusohokera, harimo na interineti y’ubuntu.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Protogene Bikorimana

Protogene Bikorimana

Izo bijyanye

Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi
Amakuru

Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi

20/08/2026
Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze
Uburezi

Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze

19/08/2026
U Rwanda rwinjije miliyari y’amadorari mu byoherezwa mu mahanga by’ubuhinzi
Inkuru z'ingenzi2

U Rwanda rwinjije miliyari y’amadorari mu byoherezwa mu mahanga by’ubuhinzi

16/08/2026
Wari uzi ko, i Kibungo hari mu hatangirijwe bwa mbere gahunda yo gutura ku midugudu
Imiturire

Wari uzi ko, i Kibungo hari mu hatangirijwe bwa mbere gahunda yo gutura ku midugudu

15/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Akababaro k’abangavu babyariye iwabo bagatereranwa

Akababaro k’abangavu babyariye iwabo bagatereranwa

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU