MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Iburasirazuba: Niho hari abaturage bafite inzu z’amabati kurusha izindi ntara

Felix NyabyendaYanditswe na Felix Nyabyenda
13/12/2025

Intara y’Iburasirazuba niyo ifite abaturage bafite inzu zisakaje amabati kurusha izindi ntara z’Igihugu aho 98.9% bayasakaje ndetse Akarere ka Rwamagana kakaba kari ku isonga mu Gihugu kuri 99.6% , ni mu gihe mu Gihugu hose gusakaza amabati biri ku ijanisha rya 74.1% .

Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu bice byinshi by’Igihugu hagaragaraga inzu za nyakatsi gusa nyuma y’aho Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda ihagarikiye Jenoside, muri 2009 yatangije gahunda yo gukuraho nyakatsi mu Gihugu hose; biza no kugerwaho.

Kuri ubu Leta ikomeje gushishikariza abaturage kubaka bigezweho harimo no kubakisha amabati aho kuba amategura.

Impamvu y’ibanze ituma mu Ntara y’Iburasirazuba hari inzu zisakaje amabati ni uko hatangiye guturwa cyane nyuma y’aho RPF Inkotanyi ihagarikiye Jenoside yakorewe Abatutsi, ikanashyiraho politiki y’uko umunyarwanda yemerewe gutura aho ashaka, cyane ko Leta yabanje yafataga ibice byinshi by’iyi ntara nk’ikidaturwa, henshi hari amashyamba, byatumye abasaga ibihumbi 900 bahimukira kuva 2012 kugera 2022.

Ibarura rusange rya 5 ry’abaturage n’imiturire mu Rwanda ryagaragaje ko Abanyarwanda bagenda barushaho gutura neza kuko abasakaje amabati ni 74.1%, abubakishije amatafari ni 67% ni mu gihe abafite inzu zirimo sima hasi (gupavoma) ari 31.2%.

Intara y’Iburasirazuba ni iya mbere mu Gihugu mu kugira abaturage basakaje amabati kuri 98.9%, Umujyi wa Kigali 98.8%, Intara y’Amajyaruguru 79.3%, Intara y’Iburengerazuba 59% ni mu gihe Intara y’Amajyepfo ari 39%(baracyasakaje amategura cyane Ruhango 24.4%, Nyamagabe 25.4% na Muhanga 26.8%).

Dore uko Uturere tw’Intara y’Iburasirazuba dukurikirana mu kugira abaturage basakaje amabati
• Rwamagana 99.6% ( iya mbere mu Gihugu)
• Kirehe 99.5%
• Ngoma 99.5%
• Nyagatare 99.4%
• Kayonza 99.3%
• Gatsibo 98.8%
• Bugesera 96.8%

Ku rwego rw’Igihugu Uturere dutatu tuza inyuma y’utundi mu kugira abaturage basakaje amabati ni Rutsiro 13.6%, Ngororero 22.3% na Ruhango 24.4% bivuze ko basakaje amategura.

Abaturage bafite inzu zirimo sima hasi (gupavoma) ku rwego rw’Igihugu ni 31.2%. Ni mu gihe Intara y’Iburasirazuba ifite 30.1% ikaba iya kabiri nyuma y’Umujyi wa Kigali ufite 63.1%, Akarere ka Bugesera kaza imbere mu Burasirazuba na 41.2%, Rwamagana 37.1%, Nyagatare 31.9%, Kayonza 26.9%, Kirehe 25.6%, Gatsibo 22.7% na Ngoma 22.5%.

Umujyi wa Nyagatare, mu Burasirazuba uri kuzamuka mu miturire igezweho
Mu bice by’icyaro hari ahakigaragara inzu zisakaje amategura

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Felix Nyabyenda

Felix Nyabyenda

Izo bijyanye

Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi
Amakuru

Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi

20/08/2026
Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze
Uburezi

Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze

19/08/2026
U Rwanda rwinjije miliyari y’amadorari mu byoherezwa mu mahanga by’ubuhinzi
Inkuru z'ingenzi2

U Rwanda rwinjije miliyari y’amadorari mu byoherezwa mu mahanga by’ubuhinzi

16/08/2026
Wari uzi ko, i Kibungo hari mu hatangirijwe bwa mbere gahunda yo gutura ku midugudu
Imiturire

Wari uzi ko, i Kibungo hari mu hatangirijwe bwa mbere gahunda yo gutura ku midugudu

15/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Aba-Dasso 400 barangije amahugurwa y’ibanze biteguye gutanga serivisi nziza

Aba-Dasso 400 barangije amahugurwa y'ibanze biteguye gutanga serivisi nziza

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU