MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Abarokotse Jenoside batujwe mu Mudugudu wa Kinihira barasaba gusanirwa inzu 16 

Gervais NiyonzimaYanditswe na Gervais Niyonzima
28/04/2026
Inzu zitujwemo bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mudugudu wa Kinihira

Inzu zitujwemo bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mudugudu wa Kinihira

Bamwe mu batujwe mu Mudugudu wa Kinihira (Barija) mu Murenge wa Nyagatare barasaba ubuyobozi kubafasha kubasanira inzu bubakiwe, bavuga ko zimaze kugaragaza ibimenyetso byo gusaza bikaba ari bimwe mu bibangamira umutekano wabo.

Aba baturage nubwo bashima uruhare rwa Leta mu kububakira amacumbi yabakuye mu buzima bubi, bavuga ko zimwe muri izo nzu zatangiye kwangirika, aho harimo izatangiye kuva n’inkuta ziri kwiyasa, ibintu bavuga ko bibatera impungenge zo kuba zagira ingaruka ku buzima bwabo.

Muri uyu Mudugudu wa Kinihira hubatswemo inzu zigera kuri 44 zituwemo n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’indi miryango itishoboye.

Inzu zigera kuri 16 muri zo zatangiye kwangirika abaturage bakaba basaba ko zasanwa.

Izi nzu zatangiye kubakwa mu mwaka wa 2018, aho buri mwaka hagiye hongerwamo izindi hagamijwe gufasha abari bagikeneye aho kuba.

Bamwe mu baturage baganiriye na MUHAZIYACU batuye muri izo nzu bubakiwe, basaba ubuyobozi kubavugururira kuko inzu zabo bavuga ko ziri kugenda zigaragaza ibimenyetso byo gusaza.

Uwitwa Mukandamage Immaculée avuga ko inzu zimwe zatangiye kuva ndetse n’inkuta zikaba zaratangiye kwiyasa bikaba biteje impungenge. Avuga kandi ko uko iminsi ishira ari nako ikibazo kirushaho gukomera.

Yagize ati: “Zimwe mu nzu dutuyemo zatangiye kuva ndetse n’inkuta hari aho zatangiye kwiyasa, rero ni ibintu biduteje ikibazo gikomeye kuko duhorana umutima uhagaze no gutinya ko igikuta cyatugwaho.”

Batamuriza Joseline na we yemeza ko nubwo bishimira aho bageze batujwe neza, hakenewe igikorwa cyihuse cyo kuvugurura izo nzu, ati: “Turasaba ubuyobozi bw’Akarere kacu kudusanira amazu twubakiwe kugira ngo turusheho kubaho dutekanye kuko yatangiye kugaragaza ibimenyetso by’uko akenewe gusanwa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Matsiko Gonzague, yemeje ko iki kibazo kizwi kandi kiri gushakirwa umuti.

Yagize ati: “Ikibazo cy’ariya mazu akenewe gusanwa turakizi kandi kiri muri gahunda y’Akarere. Turimo kubitegura kugira ngo ibikorwa byo kuyavugurura bitangire bidatinze, bityo abaturage bakomeze kubamo batekanye.”

Yongeyeho ko Akarere ka Nyagatare gakomeje gushyira imbaraga mu gufasha abarokotse Jenoside kubona amacumbi meza, binyuze mu kububakira inzu nshya no gusana izishaje.

Ibi ubuyobozi burabivuga bushingiye ku kuba muri uyu mwaka wa 2026 muri uyu Mudugudu harongewemo inzu esheshatu zatujwemo imiryango itandatu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Muri rusange, aba baturage bemeza ko nubwo batewe inkunga yo kubona amacumbi ari intambwe ikomeye, kubungabunga no gusana izo nzu ari ingenzi kugira ngo zikomeze kubafasha kubaho mu mutekano, icyubahiro no mu buzima burambye.

Inzu zitujwemo bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mudugudu wa Kinihira

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Gervais Niyonzima

Gervais Niyonzima

Izo bijyanye

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026
Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi
Ubworozi

Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi

19/08/2026
Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 
Ubworozi

Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 

18/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Amafoto: Ibyaranze igikorwa cy’abakozi ba Jibu cyo Kwibuka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ku Muyumbu

Amafoto: Ibyaranze igikorwa cy'abakozi ba Jibu cyo Kwibuka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ku Muyumbu

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU