MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ibikorwa bya eKash byarenze miliyoni 10.5 mu byumweru bitatu

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
06/08/2026

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko urubuga rw’Igihugu rwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga rwa eKash rukomeje kwakirwa neza n’abarukoresha, aho mu byumweru bitatu gusa ibikorwa byo kohereza no kwakira amafaranga byarenze miliyoni 10.5, amafaranga yanyujijwe muri uru rubuga akaba amaze kugera kuri miliyari 960 Frw.

Mu itangazo BNR yasohoye kuri uyu wa 5 Kanama 2026, yavuze ko eKash yatangiye gukoreshwa mu Gihugu hose kuva ku wa 14 Nyakanga 2026, hagamijwe koroshya ihererekanya ry’amafaranga hagati y’amabanki n’ibindi bigo by’imari.

BNR igaragaza ko ibikorwa byakorewe kuri eKash byiyongereye ku kigero cya 98.6% ugereranyije n’ibyakozwe mbere y’uko uru rubuga rutangira gukoreshwa.

Iyi banki ivuga ko eKash yorohereje abakiriya kohereza no kwakira amafaranga hagati y’ibigo by’imari bitandukanye, bityo ikaba iri gufasha mu kwagura ikoreshwa ry’ubwishyu bukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga no kugabanya gukoresha amafaranga afatika.

BNR yashimiye Abanyarwanda n’Abaturarwanda bakomeje kwakira no gukoresha eKash, ibasaba gukomeza kuyikoresha no kubahiriza amabwiriza y’umutekano arimo kutagaragaza imibare y’ibanga (PIN), kugenzura amakuru mbere yo kohereza amafaranga no kwirinda guha abandi amakuru yihariye.

Banki Nkuru y’u Rwanda yavuze kandi ko izakomeza gukorana n’ibigo by’imari n’abafatanyabikorwa bayo kugira ngo serivisi zitangirwa kuri eKash zikomeze kuba zihuse, zitekanye, zizewe kandi zorohereze abazikoresha bose.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bwizeje ubufasha urubyiruko 49 ruvuye kugororerwa Iwawa
Amakuru

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bwizeje ubufasha urubyiruko 49 ruvuye kugororerwa Iwawa

07/08/2026
Twizihize Umuganura ariko twiyemeza kunoza ibyo dukora kurushaho- Meya Kakooza Henry
Amakuru

Twizihize Umuganura ariko twiyemeza kunoza ibyo dukora kurushaho- Meya Kakooza Henry

07/08/2026
Meya Mbonyumuvunyi yasabye abaturage kurangwa n’ubumwe n’umurimo unoze
Umuco

Meya Mbonyumuvunyi yasabye abaturage kurangwa n’ubumwe n’umurimo unoze

07/08/2026
Mugaragaze impinduka nziza mu miryango yanyu mugiyemo-Meya Mbonyumuvunyi ambwira urubyiruko ruvuye Iwawa 
Urubyiruko

Mugaragaze impinduka nziza mu miryango yanyu mugiyemo-Meya Mbonyumuvunyi ambwira urubyiruko ruvuye Iwawa 

07/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Hejuru ya 52% bya moto zapimwe byatsinze isuzuma ry’imyuka ihumanya

Hejuru ya 52% bya moto zapimwe byatsinze isuzuma ry’imyuka ihumanya

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU