MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Bugesera: Inama Njyanama yemeje ingengo y’imari ya 2022-2023

Robert BashimikiYanditswe na Robert Bashimiki
01/07/2022

Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera yemeje kandi ishyikiriza Nyobozi y’Akarere ingengo nshya y’imari y’Akarere isaga miliyari 30 z’amafaranga y’u Rwanda izakoreshwa mu bikorwa byo guteza imbere ubukungu, imibereho myiza ndetse n’imiyoborere myiza mu mwaka wa 2022-2023.

Ni ingengo y’imari yatowe ikanemerezwa mu nama n’abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera yateranye kuri uyu wa 30 Kamena 2022.

Ingengo y’imari nshya y’Akarere ka Bugesera ikaba yiyongereyeho asaga Miliyari 3.6Frw, ivuye kuri 26,901,075,818Frw yariho mu mwaka ushize wa 2021-2022, ikagera kuri 30,581,092,568Frw.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera Mutumwinka Imerde yatangarije MUHAZIYACU ko abaturage bakwiye kwitega impinduka nziza ku bikorwa bizabakorerwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.

Ati: “Abaturage rero bitege impinduka nziza rwose kuko iyi ngengo y’imari yatowe ije kurushaho guteza imbere ubuzima bwabo, hubakwa imihanda, amavuriro, kwegereza amazi meza abo yari atarageho ndetse n’ibindi byinshi kandi byiza.”

Mutumwinka yakomeje agira ati: “Ibyifuzo by’abaturage nibyo biba byanyuze muri za komisiyo zigize inama Njyanama y’Akarere noneho bigatorwamo imyanzuro akaba ari nayo iba yashyizwe mu byo ingengo y’imari yatowe igiye gukoreshwamo.”

Uyu muyobozi asaba abaturage ubufatanye mu gushyira mu bikorwa ibikubiye mu igenamigambi kandi bagashyigikira cyane ibyagezweho.

Iyi nama kandi yagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo gusesengura ibyakozwe mu ngengo y’imari y’imyaka itatu ishize(2019/20-2021-22) n’ingengo y’imari y’umwaka wa 2022-2023, gusesengura imishinga y’iterambere n’ibikorwa binini biteganyijwe mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2022-2023 no kurebera hamwe imishinga n’ibikorwa byo mu ngengo y’imari ya 2021-2022 byimuriwe mu ngengo y’imari ya 2022-2023.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: Bugesera

UMWANDITSI

Robert Bashimiki

Robert Bashimiki

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Mu gutaha ibikorwa byubatswe na Pariki y’Akagera abahoze mu bushimusi batanze ubuhamya

Mu gutaha ibikorwa byubatswe na Pariki y'Akagera abahoze mu bushimusi batanze ubuhamya

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU