Abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga na bamwe mu baturage basanga ururimi rw’amarenga rukwiye kongerwa mu mubare w’indimi zemewe mu Rwanda kuko rumenywe na benshi rwafasha gukuraho imbogamizi zimwe na zimwe abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bahura nazo.
Itsinda ryatoranyijwe rigizwe na bamwe mu bantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, abaturage, abahagarariye inzego z’ibanze n’abari muri sosiyete sivili baganiriye ku bibazo bikigaragara bituma abantu bafite ubumuga badahabwa serivisi nziza mu nzego zitandukanye, na zimwe mu mbogamizi zigaragara mu gahunda za leta zo gukura abantu mu bukene; ni ibiganiro byateguwe n’umuryango Hope for Life Association.
Ibi biganiro byagarutse cyane ku ruhare rw’ururimi rw’amarenga igihe rwamenywe n’abantu benshi dore ko rwafasha mu guca akato bamwe mu bana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bashyirwamo.
Maniriho Tolesse ni umwe mu bantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, yifashishije umusemuzi w’amarenga yaganiriye n’umunyamakuru wa MUHAZIYACU amusobanurira zimwe mu mbogamizi yahuye nazo, harimo kwiga bigoranye, kugorwa no kubona serivisi aho azikeneye bitewe ko ahantu hose hataba abasemuzi b’ururimi rw’amarenga, nyamara we afite ubushobozi bwo gukora kimwe n’abandi.
Yakomeje agira ati: “Navukiye Ngoma, niga i Gatagara nkorera Ruhango none ubu ntuye i Kayonza kubera ko ngenda ahantu hatandukanye, mbona byinshi bibangamiye abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, imbogamizi ya mbere ni ishuri. Nubwo hari gahunda y’uko abana bose bajya ku ishuri, siko bimeze ku bantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ntabwo amashuri abasha kubakira bose kandi amashuri yabo aho ari arahenze ntabwo ari buri muryango wabishobora.”
Maniriho akomeza asobanura ko kuba batarize bituma bagorwa n’ubuzima buri hanze aha kandi n’uwabashije kwiga na we agorwa no kubona akazi kuko aho ageze ashaka akazi batinya kukamuha kuko bizaba ngombwa ko hakenerwa umusemuzi w’ururimi rw’amarenga.
Umwe mu bari bahagarariye sosiyete sivile ni Nkurunziza François ni umupasiteri mu Itorero rya Adepr, yemeza ko hakenewe imihigo yihariye ku nsengero, byibuze buri rusengero rukagira umusemuzi w’ururimi rw’amarenga.
Yakomeje agira ati: “Bibaye byiza ndetse turanasaba ko byaba itegeko ko buri hantu hose hatangirwa serivisi haba umuntu usemura amarenga, haba mu mavuriro, mu nsengero, mu nzego za Leta, aho hose hakwiye kuba aba bantu, kandi uru rurimi rukigishwa ahantu hose, duhereye mu mashuri.”
Umuhuzabikorwa w’umuryango Hope For Life Association Uwamaliya Josiane, yagize ati: “Turasaba inzego zose bireba kubishyiramo umwete n’ubushake, bishyirwe mu bikorwa cyane ko Leta yashyizeho amategeko n’amabwiriza avuga ku burenganzira bw’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.”
Usibye itegeko rivuga uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ubu hanemejwe inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga, ari naho imiryango ikorana bya hafi n’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ko uru rurimi rwaba urwa 5 rwemewe mu Gihugu nyuma y’Ikinyarwanda, Icyongereza, Igifaransa n’igiswahili.
Uwari uhagarariye ubuyobozi bw’umurenge muri ibi biganiro ni Nshimiyimana Emile akaba ashinzwe amakoperetive ishoramari n’iterambere muri Ruramira yemeza ko abasemuzi b’amarenga bakenewe ahantu hose kuko amarenga ari ururimi nk’izindi.
Akomeza avuga ko no mu nzego za Leta bagorwa no gutanga serivisi ku bantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, gusa iyo bazi gusoma no kwandika byo byorohamo kuko bakoresha inyandiko zisanzwe.
Aho bikomerera ngo ni igihe habonetse utazi gusoma no kwandika kandi ngo aba bo ni benshi, iki gihe bwo bifashisha abo mu muryango we kuko bo baba bazi uko baganira na we akababwira ikibazo afite n’ubufasha akeneye.









