MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Abo mu nzego z’ibanze muri Bénin banyuzwe n’iterambere basanze i Nyagatare

Felix NyabyendaYanditswe na Felix Nyabyenda
16/10/2024
Ubwo basozaga urugendo shuri bahawe impano nk'ikimenyetso cy'ubushuti

Ubwo basozaga urugendo shuri bahawe impano nk'ikimenyetso cy'ubushuti

Itsinda ry’abayobozi mu nzego z’ibanze 22 baturutse mu gihugu cya Bénin banyuzwe n’iterambere Akarere ka Nyagatare kamaze kugeraho mu myaka 30 ishize by’umwihariko uburyo abafatanyabikorwa bagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo.

Ibi babigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2024 ubwo aba bayobozi bagiriraga urugendo shuri  rw’umunsi umwe mu Karere ka Nyagatare rwari rugamije kwigira ku bikorwa byagezweho n’ingamba zafashwe ngo bigerweho.

Bitatu bya kane by’Akarere ka Nyagatare nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 byari Pariki y’Akagera, kugeza amazi meza ku baturage byari kuri 23% ubu bigeze kuri 78%, hari imihanda ya kaburimbo ireshya n’ibilometero 68 ubu hari ibilomerero 312, amashanyarazi yari kuri 0% ubu ageze kuri 71% mu gihe hari abanza  35 none ubu hari ibigo by’amashuri birenga 280 na kaminuza ebyiri.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Gasana Stephen wakiriye aba bashyitsi, yabanje kubashimira kuba mu Turere 30 tugize u Rwanda barahisemo gusura Nyagatare, avuga ko ari umwanya mwiza wo kwigira ku bunararibonye bw’impande zombi maze abasobanurira imiterere y’Akarere n’ibikorwa by’iterambere bihakorerwa.

Yakomeje avuga ko ubukungu bw’Akarere ka Nyagatare bushingiye cyane ku buhinzi n’ubworozi aho bahinga cyane ibigori, umuceri n’ibishyimbo kandi ngo umusaruro wabo urifuzwa ku masoko atandukanye yo mu Rwanda no hanze ariko byose ngo ntibabikora bonyine bafatanyije n’izindi nzego ziromo Inama Njyanama, abayobozi batandukanye n’abafatanyabikorwa b’Akarere.

Umuyobozi ushinzwe guhuza inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa muri Bénin, KINDJI Togbedji Expedit yavuze ko we n’itsinda ayoboye basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali berekwa uko Igihugu cyari cyarasenyutse ariko banasobanurirwa uburyo cyongeye kwiyubaka.

Yakomeje agira ati” mu by’ukuri twasuye ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali tubona ko u Rwanda rwashyizeho ingamba zo kwihutisha iterambere ari nazo zadukuruye kandi buri wese ashishikazwa n’izo ngamba. Kandi n’abaturage babigiramo uruhare rugaragara, byadushimishije cyane kandi biraduha isomo ryiza, ikindi ni uko hano Nyagatare batwakiriye neza mu buryo bw’umwihariko n’ibiganiro twagiranye byari ingenzi cyane.”

Diane GNANGUENON BOKO, Umuhuzabikorwa wa giz muri Bénin we yavuze ko bamaze kwiga ibintu byinshi mu Rwanda ariko by’umwihariko ngo yatangajwe n’ubuso bw’Akarere ka Nyagatare ndetse kuri we yabonye hari ubufatanye hagati y’ubuyobozi n’abafatanyabikorwa ariko ngo umwihariko uri mu Rwanda ni ugukoresha ikoranabuhanga kuruta iwabo muri Bénin.

Aba bayobozi bagaragarijwe uruhare rw’abafatanyabikorwa mu bikorwa by’iterambere mu Karere ka Nyagatare aho bakoresheje ingengo y’imari isaga miliyari zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda byatumye hubakwa ibiraro bine byo mu kirere hakoreshejwe 511 000 000 Frw ndetse abaturage bagahabwa amazi meza akoreshejwe 1 134 465 529 Frw.

Ubwo basozaga urugendo shuri bahawe impano nk’ikimenyetso cy’ubushuti
KINDJI Expedit yishimiye ingamba zo kwihutisha iterambere ziri mu Karere ka Nyagatare
Diane GNANGUENON yavuze ko mu Rwanda bakoresha ikoranabunga cyane kuruta muri Bénin

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Felix Nyabyenda

Felix Nyabyenda

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Bugesera:Ubuso buzahingwa muri iki gihembwe bwaragabanutse

Bugesera:Ubuso buzahingwa muri iki gihembwe bwaragabanutse

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU