MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Abasaza b’Imboni z’Akarere ka Nyagatare bunamiye abazize Jenoside

Protogene BikorimanaYanditswe na Protogene Bikorimana
19/06/2025

Abasaza bagize itsinda ry’Imboni z’Akarere ka Nyagatare batangaje ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi atari igikorwa gisanzwe, ahubwo ari umurage ukomeye wo gusigasira amateka y’Igihugu, kwibuka abazize urwango no gufata iya mbere mu kubaka ejo hazaza hadashingiye ku ivangura.

Ibi babivuze kuri uyu wa 18 Kamena 2025, ubwo bibukaga ku nshuro ya 31 Abatutsi bazize Jenoside mu 1994, mu gikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyagatare, aharuhukiye imibiri 99 y’inzirakarengane.

(Rtd) SP Kwizera Charis, umwe mu basaza b’Imboni akaba n’umusaza w’inzobere mu bijyanye n’umutekano, yashimangiye ko kwibuka ari inzira ikomeye igamije kwirinda ko amateka y’akababaro u Rwanda rwanyuzemo  yakwibagirana cyangwa gusubira.

Yagize ati: “Kwibuka ni ukugira amahitamo yo kutazibagirwa, tukabika amateka yacu ku buryo urubyiruko rutazayamenya mu buryo butayavugaho ukuri. Iyo twibuka, tuba dukomeza urugamba rwo guhangana n’abapfobya n’abahakana Jenoside.”

Rukayaya Deogratias, undi musaza w’Imboni umaze igihe kinini mu bikorwa by’ubwiyunge n’ubumwe bw’Abanyarwanda, yagaragaje ko nk’abantu bakuze bafite inshingano yo kuba imbaturamugabo mu gusigasira amateka y’Igihugu no gusangiza urubyiruko ukuri.

Yagize ati: “Twarabonye, twarumvise, twararokotse. Twese nk’Abanyarwanda dufite inshingano yo guharanira ko aya mateka adasibangana, ahubwo akomeza gutanga isomo n’icyerekezo.”

Aba basaza banaremeye inka uwarokotse Jenoside mu rwego rwo kumufasha gukomeza kwiyubaka no kumwereka ko atari wenyine.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, yashimiye by’umwihariko itsinda ry’Imboni kubera uruhare bagira mu kubungabunga amateka no kugaragaza indangagaciro zo gukunda Igihugu.

Yagize ati: “Abasaza bacu ni inkingi z’amateka. Bari mu bafite ubuhamya bw’ukuri kandi ni bo bafasha mu kurera urubyiruko mu muco wo kwibuka, kubahana no gukunda Igihugu. Kwibuka ntabwo birangirira mu mvugo gusa cyangwa gusura urwibutso, ahubwo binyuzwa no mu bikorwa nko gufasha abarokotse, kububakira icyizere n’icyubahiro cyane cyane kwigisha abakiri bato amateka y’ukuri, nabo bakajya banasura urwibutso bakabyibonera.”

Yakomeje ashimangira ko ubumwe n’ubwiyunge u Rwanda rwubatse budashingiye ku kwibagirwa ibyabaye, ahubwo bushingiye ku kwemera no kwakira amateka nk’isoko y’imbaraga zo kubaka u Rwanda rubereye bose.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Protogene Bikorimana

Protogene Bikorimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Rwanda-Uganda: Inzego z’ibanze n’abaturage bashima ubufatanye bw’ibihugu byombi

Rwanda-Uganda: Inzego z'ibanze n'abaturage bashima ubufatanye bw'ibihugu byombi

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU