MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Abafite ibibanza mu Mujyi wa Nyagatare basabwe kubyubaka

Protogene BikorimanaYanditswe na Protogene Bikorimana
02/05/2025

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burasaba abaturage bose bafite ibibanza mu Mujyi rwagati no mu nkengero ariko batarabibyaza umusaruro, kubyubaka mu gihe cya vuba kugira ngo hubahirizwe igishushanyo mbonera cy’Umujyi ndetse n’icyerekezo cyo kuwugira Umujyi wunganira Kigali koko.

Ubuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, yagize ati: “Nibyo haracyari ibibanza bitubatse, turicara tugatumira abantu bafite ibyo bibaza tukaganira. Tumaze gukora inama, twakoze urutonde rw’abantu bafite aho hantu hamaze gushyirwa ibikorwaremezo ariko bene ho bakaba batarahubaka.”

Yakomeje agira ati: “Twakoze urutonde, buri muntu turamuhamagara agenda atubwira gahunda bafite ngo bubake. Ubwo ni ugukomeza gukorana n’abafite ibyo bibanza.”

“Turifuza ko Nyagatare igira isura ijyanye n’Umujyi w’ahazaza nk’Umujyi wunganira Kigali. Ibyo tubigeraho igihe buri muturage ufite ikibanza yubaka mu buryo buboneye, anubahiriza igishushanyombonera. Aho kugira ngo ikibanza kimare imyaka 10 kitarubakwa, tugomba gukorana n’ababifite kugira ngo byubakwe.”

Meya Gasana yavuze ko kandi kuba Nyagatare ari umwe mu mijyi yunganira Kigali, ari icyerekezo cya Leta y’u Rwanda cyo kugira Imijyi yunganira Kigali, kandi ifite imiturire igezweho, isuku n’iterambere rishingiye ku baturage ubwabo.

Ati: “Nyagatare ni umujyi w’ahazaza. Dukeneye abaturage barangwa n’icyerekezo kimwe n’icy’Igihugu, kigamije guteza imbere imijyi iciriritse ariko ifite igishushanyo gihamye,”

Bamwe mu batuye uyu Mujyi wa Nyagatare barimo Mukamana Vestine, bavuga kuba hakiri ibibanza byinshi bitarubakwa bituma Umujyi ugira isura mbi.

Yagize ati: “Ubu nkurikije uburyo Umujyi urimo gukura, ibibanza bitarubakwa bituma Umujyi udasa neza, rimwe na rimwe ugasanga byaramereye. Gusa turanashima pe, uburyo Nyagatare yari imeze 2010 bitandukanye cyane n’uko imeze ubu.”

Undi muturage avuga ko bamwe mu bafite ibibanza babifata nk’umutungo uzazamura agaciro gusa, ntibatekereze ku kamaro bifitiye Umujyi mu gihe byaba byubatswe.

Ati: “Hari abantu bafite ibibanza ariko bumva ko ari ukwicara bagategereza ko agaciro kazamuka bagapfa kugurisha. Ariko twe tubona ko dufite inshingano yo guteza imbere aho dutuye. Iyo wubatse, uha abandi serivisi, uha abaturage akazi, kandi Umujyi utera imbere.”

Mu rwego rwo kwihutisha iterembere n’imiturire, muri uyu Myjyi hamaze kubakwa imihanda ya kaburimbo ireshya n’ibirometero 25.5, byose bikaba byarubatswe muri gahunda yo kwihutisha iterembere (NST1) 2017-2024.

Gusa ibikorwaremezo byo biracyubakwa nko kuri ubu muri NST2 hari kubakwa undi muhanda uresha na kirometero 2.5 mu Kagari ka Mirama.

 

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Protogene Bikorimana

Protogene Bikorimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Ibitekerezo 1

  1. Mutuyimana Aaron says:
    1 year yahise

    Nibyo byiza noneho peee 👍👍👍

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Nyagatare: Abanyeshuri basanga gushyira mu bikorwa ibyo bize bituma barushaho kubyumva

Nyagatare: Abanyeshuri basanga gushyira mu bikorwa ibyo bize bituma barushaho kubyumva

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU