Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwagaragaje ko uwenga ibinyobwa atakurikije amabwiriza n’ubicuruza azajya ahanishwa 200,000 Frw, kandi igihano kikikuba buri uko asubiriye gukora icyaha. Ucuruza inzoga zitemewe azajya acibwa 10,000 Frw kuri buri cupa, mu gihe uyinywa azajya ahanishwa 5,000 Frw, ku icupa.
Ibi biri mu byemerejwe mu nama idasanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma, ubwo harebwaga ibikorwa byakozwe mu mwaka wa 2025-2026 n’imbogamizi zikibangamiye imibereho y’abaturage.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukayiranga Marie Gloriose, yavuze ko hari abantu bakomeza gukora inzoga zitemewe nubwo baba barafashwe bagahanwa, kuko ibihano bahabwa batabibona nk’ibikomeye ugereranyije n’amafaranga bakura muri ibyo bikorwa.
Yagize ati: “Hari abantu bakora inzoga zitemewe twamufata ibihumbi 200Frw agahita ayishyura ako kanya twamujyana muri Transit akamara icyumweru ubundi yagaruka agahita yongera akabikora, kubera amafaranga abantu babikuramo usanga aya mafaranga ntacyo aba abatwara.”
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma, Banamwana Bernard, yavuze ko hakwiye gushyirwaho uburyo igihano cyiyongera ku muntu ukomeza gusubira muri icyo cyaha.
Yagize ati: “ Ibihumbi 200Frw yakwikuba buri uko afashwe. Uwenga ibinyobwa atakurikije amabwiriza n’uwabicuruje bakazajya bahanishwa ibihumbi 200Frw, yabisubira amafaranga akikuba bigendanye n’umubare abifatiwemo.”
Muri izi ngamba kandi, hagaragajwe ibihano biteganyijwe ku bacuruza n’abanywa inzoga zitemewe.
Ucuruza inzoga zitemewe azajya ahanishwa 10,000 Frw ku icupa rimwe, mu gihe uzinywa azajya acibwa 5,000 Frw.
Hanagarutswe ku muntu uzafatwa afite amacupa arenze rimwe. Uwo muntu azajya afatwa nk’ucuruza, bityo ahanwe nk’umucuruzi.






