Pariki y’Igihugu y’Akagera yatangaje ko amafaranga yinjijwe mu bukerarugendo n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi yiyongereyeho 8% mu gihembwe cya mbere cya 2026 (Mutarama–Werurwe), ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka wa 2025.
Muri ayo mezi atatu, iyi pariki yinjije arenga miliyoni 1,337,000 z’amadolari ya Amerika, inasurwa n’abashyitsi barenga 11,700, barimo umubare munini w’Abanyarwanda. Ibi bigaragaza ko ubukerarugendo bw’imbere mu Gihugu bukomeje kuzamuka.
Ubuyobozi bwa pariki y’Akagera bwagaragaje ko iri zamuka rishingiye ku kurushaho kumenyekana kwayo ku rwego mpuzamahanga, aho yashyizwe mu hantu 25 hagomba gusurwa ku Isi mu 2026 n’ikinyamakuru National Geographic n’ibindi bitandukanye birimo ubukangurambaga bwo gusura u Rawanda aribwo ‘Visit Rwanda’ .
Muri raporo igaragaza ibikorwa byakozwe kuva muri Mutarama kugeza muri Werurwe 2026, hagaragajwe intambwe ishimishije yatewe mu ngeri zinyuranye:
Ku ruhande rw’ubukungu bw’abaturage, ibikorwa bikorerwa hafi ya pariki byinjije arenga 168,226.83$, harimo uburobyi, ubworozi bw’inzuki, ubukorikori, ubuyobozi bw’abakerarugendo bigenga n’imirimo y’ubwubatsi.
Pariki y’Akagera kandi yashoye arenga 158,277$ mu kugura serivisi n’ibicuruzwa mu baturage, inyungu igera ku banyamuryango ba koperative barenga 2,900.
Ku bijyanye n’umutekano, abashinzwe kubungabunga pariki bakoze amarondo bituma hafatwa abantu barindwi bakekwaho ibikorwa by’ubuhigi butemewe, hanatoragurwa imitego 23.
Mu rwego rwo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, mu kwezi kwa Gashyantare 2026, hashyizwe utwuma dukurikirana inyamaswa (GPS collars na VHF) ku ntare eshatu n’inzovu imwe, inkura zera 17 n’izirabura 8. Hanakozwe igikorwa cyo kugabanya ubwiyongere bw’intare, aho eshanu z’ingore zatewe imiti ibuza kororoka.
Ibi bikorwa bivuzwe ruguru byafashije mu gukurikirana neza inyamaswa no kongera umutekano wazo muri pariki.
Pariki y’Akagera yashinzwe mu 1934, ifite ubuso bwa kilometero kare 1.122, ikaba ibarizwamo inyamaswa zirenga 11.300; zirimo eshanu z’ingenzi [Big five] zikurura cyane abakerarugendo ari zo: Intare, Inzofu, Inkura, Ingwe, n’Imbogo.







