Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bugaragaza ko SACCO Intaganzwa yahurije hamwe SACCO 12 zo ku rwego rw’Umurenge, kuri ubu yatangiranye amafaranga agera kuri 3,991,869,893 Frw.
Ni SACCO yatangijwe hanashyirwaho komite nyobozi igomba kuyihagararira izajya ikurikirana, ikanacunga ibikorwa by’iyi SACCO y’Akarere “Intaganzwa SACCO”.
Ni SACCO yitezweho guhindura ubuzima bw’abaturage harimo kuba igiye kujya itanga inguzanyo ihagije kandi bigakorwa mu buryo bwihuse.
Ubu Perezida wa “Intaganzwa SACCO” ni Nasagambe Thacien, Mujawayezu Leonille, ni Vise Perezida, Mutoni Jeanne ni Umwanditsi, Bayagambe Raphael ni Umujyanama, Dusabe Heri ni Umujyanama, Mu gihe Niyitegeka Isaie na Mukeshimana Berthe bari muri Komite ngenzuzi.
Perezida wa Intaganzwa SACO Nasagambe Thacien, ashima icyizere yagiriwe cyo kuyobora SACCO Intaganzwa, yemeza ko mu bufatanye n’abagenzi be bazagera kuri byinshi.
Yagize ati: “Mfite akanyamuneza ku mutima kuba mwangiriye icyizere, uyu ni umunsi udasanzwe kuri njye, ndabashimiye. Ndabizeza ko icyizere mungiriye ntazagitera inyoni, mfite imbaraga n’ubushake bwo gukorera Igihugu kandi ndizera ko mu gihe tuzaba dufatanyije tuzagera kuri byinshi.”
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu Nzirabatinya Modeste, yagaragaje ko bagomba gukora buri kimwe abaturage bagakunda iyi SACCO Intaganzwa.
Yagize ati: “Akarere ka Kirehe ni akarere kari kwihuta mu iterambere, hano twateguye ‘Business Plan’ igaragaza imikorere y’iyi SACCO, turabasaba kuzajya muyisoma kenshi kandi aho muzakenera ko twabafasha turahari. Tugomba kurangwa n’imikorere myiza kuko twifuza ko abaturage bazayishimira cyane. Murangwe n’imikorere myiza, tworohereze abantu babitsa n’ababikuza uburyo bwo kubikora, tugomba gukora ubukangurambaga ku buryo abantu bava mu bindi bigo by’imari bakaza iwacu.”
SACCO Intaganzwa yabumbiye hamwe Imirenge SACCO 12, ku ikubitiro yatangiranye imari shingiro ingana na 3,991,869,893 Frw.
Tariki 03 Ukwakira 2025, nibwo hemejwe ishyirwaho rya Intaganzwa SACCO








